KIVU

Aller au contenu | Aller au menu | Aller à la recherche

vendredi, février 15 2013

Ndashimye Bernardin arimo ahakirizwa kuri Kagame kuko azi neza ko aziyongeza manda nyuma y'umwaka w' 2017

Uyu ni Ndashimye Bernardi ari mu nama yakoreshejwe na Twagiramungu Faustin mu Bufaransa aje gushaka abazakira Kagame mu rugendo yateguraga gukorera muri icyo gihugu (2011).

Maze iminsi nsoma ibyagiye bivugwa ku nyandiko( comments) yasohotse ku rubuga IGIHE.com ku byerekeye niba bikwiye ko u Rwanda rukomezanya na Kagame nyuma ya manda ze ebyiri bintera kwibaza niba abanyarwanda bazi igihugu cyabo. Naje ariko gusesengura amasaha comments nyinshi zasohokeyeho nsanga inyinshi zarandikiwe hanze y’u Rwanda ndetse zimwe muri zo byasaga n’aho zakanditswe n’umuntu umwe ugenda ahindagura amazina. Byumvikana rero ko zanditswe n’abantu bashobora kuba bashaka kujijisha abo basangiye igihugu cyangwa bashaka kubatsindira ibitekerezo byabo.

Hagati aho ariko iriya nyandiko yanatumye abantu aho bari hatandukanye batobora bagatanga ibitekerezo binyuranye kuri uriya mukoro wari warahawe abanyamuryango ba FPR, gusa ariko ubu n‘abanyarwanda bandi bakaba bawugereje. Uko kunyurana kw’ibitekerezo ndetse rimwe rwose ugasanga bihabanye kwanteye kwibaza niba abanyarwanda bose bazi neza u Rwanda rwabo cyangwa se niba barubona kimwe. Nibajije byinshi nahinira mu mvugo ebyiri zishushanya. Hari abo wabwira uti “Umugayo si ukuraswa ahubwo umugayo ni ukuraswa ugatega ikico”. Kuraswa ntawe ubyanga kuko urasa ni we ubigena. Gusa iyo ubona uguhiga yafoye icyo uba usigaranye ni ukuzibukira ngo ataguhamya mu kico. Birumvikana rero ko igitangaza ari ukubona uwo bafora berekezaho agatega ikico. Hari n’abandi wakwibutswa ko “kizira gucira umugisha”.

Muri iyi nyandiko nifuje kugira icyo mvuga ku ihame ry’izungura ry’ubutegetsi muri rusange (1), nsobanure iby’abavuga ko Kagame adakwiye kurenza 2017 akiyobora u Rwanda (2), nsobanure iby’ababona Kagame akwiye kuzirenza(3) hanyuma mbone kwanzura(4).

1. Kuzungura ubutegetsi mu mateka muri make

Mu bihe bitandukanye henshi ku isi gusimburana ku butegetsi byabaye ngombwa kandi bihabwa umwanya mu mitunganyirize y’ubutegetsi kubera impamvu zinyuranye. Muri izo mpamvu iy’ingenzi ni ukuba ari uburyo bwo gukumira kurwanira ubutegetsi kugira ngo abatagishaka runaka uyu bategereze igihe cye ko kirangira aho kumuvanaho ku ngufu, n’izindi zinyuranye. Ibi byatumye habaho mu bihugu byose mu bihe binyuranye by’amateka yabyo uko izungura ry’ubutegetsi rikorwa.

Ni gutyo mu Rwanda rwo hambere habagaho abiru batashoboraga gutatira ibanga babikijwe ry’uzima ingoma umwami amaze gutanga. Ababashije gusoma ibitabo byanditswe na Padiri Akexis Kagame ndetse babashije kurushaho gucengera ibyajyanaga n’izungura ry’ubutegetsi, cyane cyane uburyo ubwoko bubyara abazima ( kwima) ingoma bwagenwaga n’ibindi byakorwaga nyuma y’itanga ry’abami. Iyo usomye Alexis Kagame mu nyandiko “ Le code ésothérique” cyangwa ugasoma Jan Vansina mu gitabo “Le Rwanda ancien : Le Royaume Nyinginya” iby’ingenzi ubasha kuvanamo ni uko : Uko ingoma ihereza indi byabaga byarateguwe n’ubwo nta nyandiko byabaga byanditsemo ariko byabaga biri mu mabanga y’abiru batashoboraga gutatira igihango bamena ibanga babikijwe cyangwa barihindura. Ikindi uvanamo ni uko izungura ry’ubutegetsi ryitaga iteka ku masomo yavaga mu mateka y’u Rwanda uko yabaga abitswe mu mitwe y’abacurabwenge ( ni gutyo amazina nka Ndahiro yaciwe mu mazima y’abami). Ikindi uvanamo ni uko uzayobora yategurwaga mu buryo yarerwaga.

Si mu Rwanda rwa kera gusa kandi na n’ubu ibihugu bigifite Abami itegeko nshinga ryabyo riba rigena uburyo ibikomangoma bikurikirana mu kwima ingoma. Si no mu buyobozi bw’ibihugu ndetse n’ubw’amadini nka Kiliziya gatolika usanga amategeko ( droit canon) asobanura uko Papa usimbura undi atoranywa ndetse byananirana bakabisengera bakagera n’aho bacunga icyerekezo cy’umwotsi bisa nko gutombora uzamusimbura. Ibi byose icyo bishimangira ni uko isimburana ku buyobozi bukuru ari ikintu cyitonderwa, kidahubukirwa kandi kikagira ibyo kigenderaho byanditse. Impamvu si n’iyindi kandi ni uko iteka intambara yo kurwanira ubutegetsi yisasira imbaga aka wamugani ngo aho inzovu zirwaniye hapfa ibyatsi.

Ni gutyo rero n’igihe u Rwanda rwahabwaga ubwigenge Repubulika igasimbura ingoma ya cyami nyuma y’amatora yo ku wa 25 nzeri 1961, kimwe no mu bindi bihugu, u Rwanda rwaruhuye abiru maze mu kwezi kwakurikiye iby’uko izungura ry’ubutegetsi rigenda byandikwa mu itegeko nshinga. Iryo tegeko nshinga Perezida Kayibanda yashatse ko rivugururwa ku itariki ya 18 gicurasi 1973 ubwo ryahindurwaga kugirango azabone uko yiyamamariza kongera kuyobora u Rwanda mu matora yari ateganijwe muri Nzeri 1973, maze Habyarimana amutungura amukuraho igihe kitageze.

Habyarimana akimara gufata ubutegetsi yahagaritse itegeko nshinga, asesa inteko y’abadepite ndetse benshi arabafata arabafunga bagwa muri gereza. Ibyemezo mu mizo ya mbere yabifatanye n’itsinda ry’abasirikari bafatanije ryiswe Komite y’Amahoro n’Ubumwe bw’Igihugu. Kuva 1973 kugeza 1981 igihugu cyabayeho nta tegeko nshinga kigenderaho mbese kiyoborwa uko abyumva. Hagati aho muri 1975 yari yarashyizeho MRND ari ryo shyaka buri munyarwanda wese yagombaga kubamo kuva avutse kugera apfuye nta mahitamo afite.

Muri 1981 , Itegeko nshinga ryasubijweho ariko riza ritagena umubare wa manda Perezida Habyarimana watoranywe na ryo ashobora kwiyamamariza. Muri 1991, itegeko nshinga ryasimbuye iryari ririho ryanditswe ku gitutu cy’Intambara y’Inkotanyi n’amashyaka yarwanyaga Habyarimana, ihame rya manda ebyiri ryagiyemo ndetse rigumaho no mu masezerano ya Arusha.

Muri 2003 hatowe Itegeko Nshinga tugenderaho ubu rishimangira mu ngingo yaryo ya 101 ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka 7 ishobora kongerwa rimwe gusa kandi ko uko byagenda kose nta muntu n’umwe wemerewe kwiyamamariza manda zirenze 2.

Ngayo mbese amateka ahinnye y’izungura ry’ubutegetsi mu Rwanda kuva ku ngoma ya Gihanga wa Mbere Ngomijana kugeza ubu unyuze ku ngoma za Kayibanda na Habyarimana. Magingo aya ari na bwo abanyarwanda bamaze iminsi bungurana ibitekerezo ku kibazo cyo kumenya niba u Rwanda rukwiye gukomezanya na Kagame nyuma ya 2017 cyangwa niba rukwiye kuyoborwa n’undi. Hari ababona kuvugurura iriya ngingo bifite icyo byamara (2) hakaba n’abasanga byanagira icyo byakwangiza (3). ibi byose tugiye kubinyuramo mbere yo kugera ku musozo(4).

2. Abasanga Kagame akwiye kugenda

Abasanga Perezida Kagame akwiye kugenda nyuma ya 2017 iyo ubateze amatwi barimo ingeri nyinshi.

Hari abasanga u Rwanda atari akarwa muri iyi si ahubwo ari igihugu kiri mu ruhando rw’amahanga bityo ngo bikaba byaba byiza u Rwanda rugiye rukora ibyo abandi bakora kuko usanga n’ubwo nta masezerano mpuzamahanga abigenga ariko ibihugu bitari bike bisa nk’ibyumvikanye ko ubiyobora atarenza manda 2 kuzirenza bigafatwa nko kwikanyiza . Si byose ariko kuko hari ibihugu birimo n’ibikomeye nk’u Bwongereza usanga nka Margaret Tatcher yaratorewe manda 3 hagati ya 1979 na 1990 ubwo yeguraga, cyangwa se Franklin D. Roosevelt wategetse Leta Zunze Ubumwe z’Amerika manda zigera kuri enye hagati ya 1933 na 1945. Ndetse no muri iki gihe mu gihugu gisanzwemo demokarasi nka Argentine impaka zirakomeza kureba niba niba umugore ukiyoboye neza atakwiyamamariza manda ya 3 habanje kuvugururwa itegeko nshinga.

Abasanga Kagame atakomeza ngo yiyamamarize manda ya 3 barimo abasanga ngo mu gihe atarahigamira undi wamusimbura abanyarwanda batazigera bamenya niba koko ntawundi wabasha kuyobora u Rwanda nkawe cyangwa kumurenza. Ndetse muri aba hari n’abongeraho ko Perezida Kagame ari umuntu ushobora kunanirwa , kumugara cyangwa kubura ubuzima kandi yaba atakiyobora u Rwanda ntiruhereko ruzima bityo akaba nta mpamvu yo kuvuga ko u Rwanda rutamufite rutabaho kuko n’ubundi rutazamuhorana. Abasanga u Rwanda rutakomezanya na Kagame nyuma ya 2017 impamvu bavuga n’ubwo batazihuza ntibanazihurireho barazigwije. Hari n’abavuga mu mvugo isanzwe inarimo ikintu cyo kuregeza no koroshya ibintu ngo” hajyeho n’undi nawe turebe”, “ Igihe yaririye nareke n’abandi barye”, “ na nyina w’undi abyara umuhungu”. Muri abo boroshya ibintu hari n’abadatinya kuvuga ngo “nareke hajyeho undi hanyuma nibimunanira abone kugaruka !”. Hari ndetse n’abandi basanga yagenda ariko bakanga kwirengera ibyo bavuga maze impamvu zabyo bakazimwitirira bavuga ngo “niwe wabyivugiye avuga ko imyaka 7 ya kabiri iramutse irangiye adafite umusimbura yaba yaratsinzwe none nahame kuryo yavuze”.

Abandi nabo mu buryo bw’ubuhendabana bakongeraho impuhwe nyinshi ngo “none se koko kweli muzehe wacu tumureke abe nka Kaddafi, abe nka Mugabe, abe nka Gbagbo, tumureke koko ataradukosereza maze ejo azandurire muri manda ya gatatu maze ikosa rimwe rizimye izina rye ? Aba barusha nyina w’umwana imbabazi twizere ko batabivugishwa n’impuhwe za bihehe !

Muri iki gika tuvuze abasanga Kagame atakomeza uko babivuga ariko ntituvuze ikibibatera turaza kukigarukaho mu musozo ariko mbere yaho reka tunarebe abasanga yakomeza uko babisobanura(3).



Buri wese akwiye gufata icyemezo agendeye ku cyatuma ibyagezweho bidasenyuka

3. Hari abandi basanga kureka Kagame ngo agende byaba ari ugucira umugisha.

Ibi byatangiye kugaragara ubwo Perezida Kagame yasabaga abanyamuryango kubitekerezaho yumvikanisha ko n’ubwo atatererana u Rwanda ariko byamugora gufata icyemezo bamusaba ari benshi cyo gukomezanya nawe. N’ubwo ibivugwa mu itegeko nshinga bari babizi ariko benshi babaye nk’abakibyumva maze si ukugaragaza impungenge bivayo.



Bamwe bamwibutse bayobowe nawe inzira yo gutaha nka Musa muri bibiliya. Bamwibutse haba mu buryo yayoboye urugamba rwarwanywe n’abana b’imigiriri barwanisha imbunda nto, batagira ibibatunga n’imiti ibavura bagatsinda ingabo zibihemberwa zirwanisha imizinga kandi zishyigikiwe n’abarwanyi kabuhariwe b’abafaransa.



Bamwibutse bagera mu gihugu cyasahuwe amasanduku yacyo y’ifaranga kugeza ku gihugu gitangwaho urugero mu muvuduko w’ubukungu. Bamwibutse mu ntsinzi nyinshi u Rwanda rwagwije rukagira ijambo akarubera umugabo amahanga ahururira kugisha inama. Muri uko kwibuka ibyo bigwi bose bakitsa ijwi bibaza niba haboneka vuba aha undi nkawe.



Abandi bamwibutse bagaruka mu gihugu bari barahunze gihora bakagiheba bakireba bazi ko kitazongera guhumeka ituze. Abandi bamwibutse afata ibyemezo biremereye nko kuvana mu mazu y’amabohozanyo abo bahungukanye ngo asubizwe beneyo. Ibyemezo bikomeye nko kuvanaho ibyahombyaga Leta nk’amazu ya leta, amamodoka ya Leta, telefoni za leta n’ibindi byakomaga ku nyungu z’abakomeye ukibaza uwabivanaho aho yava. Abenshi bongeye kwibuka kandi ahaguruka akajya gusaranganya ibikingi byari byarikebewe n’ibikomerezwa ndetse bimwe ntibitinye kumenesha rubanda. Aba bose bakibaza niba Umuyobozi nk’uyu udasanzwe u Rwanda rwamwohereza muri pansiyo akiri umusore.



Abandi ariko batekereje bijimije mu buryo busa nka philosophie bakavuga bati ariko ubundi niba koko twigenga nk’abanyarwanda ko tumukeneye, aramutse abitwemereye undi wabitubuza ninde ? Abandi na bo bati ntawuhindura ikipi itsinda, ko atuyoboye neza akaba ntawinuba kuki atakomeza ? Abandi bo bakagera rwose n’ubwo bibatera kwibaza iryo hame rya manda ngo zitagomba kurenga 2 bati kuki tubishatse ko itegeko nshinga ari iryacu rikaba ritanditse mu mabuye tutarihindura ? Aba bakanatanga n’ingero z’ibihugu isi yose itangaho urugero nka Singapore yakoze ibitangaza mu iterambere ikabasha gukuba inshuro17 ubukire bwa buri muturage iyobowe na Lee Kwan Yu imyaka 35 yose ndetse n’ubu ikaba iyobowe n’umuhungu we Lee Hsien Loong. Uretse na Singapore ya kure kandi no hafi ahangaha ufashe urugero rw’igihugu kiri mu biri ku isonga muri Afurika gitangwaho urugero muri byinshi ari cyo Botswana wasanga kibikesha kudahindagurika kw’imiyoborere yacyo kuko cyayobowe na Seretse Kama kuva 1966 kugeza 1984 hanyuma Masire atorerwa gatatu kukiyobora kuva 1984 kugeza 1998 none ubu kiyobowe na Ian Kama kuva 2008 ari we wahoze ari Visi perezida wacyo akaba n’umuhungu wa Perezida wacyo wa mbere. Izi ngero bakaziheraho bagaragaza ko ahubwo iyo umuntu akora neza akenera ubumenyi, ubushake ariko agakenera n’igihe cyo kunoza no gusoza ibyo yatangiye. Kudahindagura bijyana no kudahuzagurika bituma iterambere ryihuta.



Abashyigikira ko Kagame yakomeza babanza kuraranganya amaso barangiza bagatega ibiganza babaza bagenzi babo bati ariko koko uwo wundi muvuga arihe ? Kandi koko wabareba aho bicaye aho n’amakoti n’ama CV( imyirondoro) yavamo ibitabo ugaheba. Abashyigikiye ko yakomeza bavuga byinshi birimo iby’ingenzi nk’ubutwari bwe, ubunyangamugayo bwe, ubushishozi bwe, kureba kure kwe, gushirika ubute kwe, kugira umutsi kwe, kutavangura n’ibindi ndetse bakanongeraho n’ibishingiye ku marangamutima nk’abakunda igihagararo cye, abakunda uko asubiza amahanga iyo avogereye u Rwanda, abakunda iyo mu nama mpuzamahanga ahururiwe n’abanyamakuru bose mu gihe abandi bakuru b’ibihugu bigunze, abakunda uburyo u Rwanda rwaretse kuba agahugu rukaba igihugu n’ibindi byinshi.



Aba bose iyo ubateze amatwi ugeraho ukibaza wa mugani uko bizagenda muri 2017. Ukibaza niba Kagame azatinya za ‘batagira ngo’ akima amatwi abamushishikariza gukomeza . Ugeraho ukanibaza niba azafata icyemezo mbere cyangwa ku munota wanyuma. Ugeraho ukibaza muri aba bose ufite ukuri. Ibi ni nabyo tuvugaho mu kwanzura (4) kuko bikeneye kandi bikwiye isesengura rinoze.



4. Mu gusoza.

Abatabona kimwe uko u Rwanda rukwiye kuyoborwa nyuma ya 2017 hari byinshi bahurizaho. Muri byo hari ukuba ubuyobozi bwa Paul Kagame bwarabaye indashyikirwa. Ikindi ni ukuba byinshi mu bitangaza igihugu cyagezeho n’ubwo byakozwe n’abanyarwanda, Paul Kagame yabigizemo uruhare runini cyane ndetse bimwe akabyikorera. Kuva rero abantu babona kimwe ibi bintu 2 by’ingenzi n’ibindi babiganiriyeho babibona kimwe baramutse babonye umwanya wo kubiganiraho. Birasaba gusa isesengura ryuzuye ridacagase.



Iryo sesengura riradusaba kubanza kumenya ikintu kimwe cy’ingenzi. Kumenya igihugu cyacu. Hari uwavuze ngo iyo impumyi ikabakabye ikagera aho igafata urukuta igira ngo ifashe impera z’isi ! Iyo abantu bavuga ngo Paul Kagame aho atugejeje ni heza yakoze byiza ahasigaye n’undi yakomeza baba bagaragaje ko batazi u Rwanda rwabo neza. Aba ni abitiranya conjuncture (present juncture) na structure. Ni abitiranya koroherwa no gukira. Hari byinshi byashoboraga gutuma u Rwanda nk’igihugu rusibama ku ikarita y’isi. Muri byo twavuga nko kuba ubwicanyi ndengakamere bwarubayemo bwaratumaga abanyarwanda bazahora mu guhora bidahera. Twavuga kandi kuba u Rwanda ari igihugu gituwe n’abantu nibura 30% by’igitsina gabo bigeze gufata intwaro kandi bakennye. Twanavuga ndetse no kuba u Rwanda rufite umubare w’abademob usumba uw’abasilikari no kuba abantu barwaniye igihugu bakanakimugarira batarabohoye igihugu cy’igikire ngo kibagororere bose icyarimwe ariko bakaba batuye batuje batararikira kwihereza.



Ibi bibazo byose n’ibindi bisa nka byo biracyahari kandi kuba bidasenya u Rwanda habaye ah’igitsure cya Kagame umugabo w’ijabo n’ijambo afite mu nzego z’umutekano. None ngo n’undi wese RPF yabishinga yakomeza. Undi wese koko ?

Ni nde wundi se wari kubuza abaminisitiri n’ abajenerali kwiba nk’uko byabaye akarande muri Afurika atari uwo Imana yahaye kutararikira ubukire ngo abe yiba no kudatinya kwiteranya. Ubu se koko tujye aho twirarire tuvuge ko dufite abanyarwanda benshi bashobora gukomeza ? Hari aho bigera ugasanga gukomeza kwa Kagame bifitanye isano no kubaho no gukira kw’igihugu. Ibihugu bya Afurika bingahe bitunze amasumo bikanacukura peteroli ariko bikaba biri mu icuraburindi ? Kuba mu Rwanda umuriro waka ubutazima ukaba ukomeje gukwizwa mu byaro se ugira ngo ni ubukire dusumbya ibindi bihugu ? Oya icyo tubasumbya ni umuyobozi uzi gufata icyemezo kandi agakurikirana ishyirwa mu bikorwa ryacyo.

Nigeze kubivuga haruguru ko mu bifuza ko yagenda harimo n’abandi bifuza ko agenda ngo u Rwanda rworohe kurushaho barubashe. Aha ni naho mbwira abatumva uwo mutego nti “ariko se koko baturase dutege ikico ?” Nta no gushidikanya ko iriya kamere ye yihariye hari abo yabereye inzitizi ikomeye y’inzira y’ubusamo bari bizeye yo kurusahura cyangwa kurubonamo izindi ndonke.

Perezida Kagame si umusaza uhirita nka Kaguta, Kaddafi na Mugabe bityo abagereranya ibye na bo baribeshya. Manda ye izarangira afite imyaka 59 araye ari bugire 60.

Iyo umurebye mu gihagararo ni umusore mu bandi. Icyo asumbya abandi si ubwenge bwo mu bitabo ubu buhahwa ni kamere ( special character) ye yihariye yafashije u Rwanda muri byinshi. Muri iyo kamere yewe harimo n’iy’ubukana yihariye arikobwafashije u Rwanda kuko butuma atihanganira igisambo icyo ari cyose kabone n’iyo cyaba kiri iwe mu mbere. Iyo kamere yihariye irimo iy’ubunyangamugayo butuma atihanganira ruswa, ataba igikoresho cy’uwo ari wese, atashukishwa ikuzo, kandi ntarangazwe n’iby’isi.

Muri iyo kamere yihariye harimo kumesa kamwe ntavange imirimo akiyegurira kuyobora igihugu atagira ikimuhuza n’ikimurangaza habe no guhuga na rimwe.

Muri iyo kamere yihariye harimo kandi iyo kutavirira icyo yiyemeje. Ibi si mu ntambara za gisirikari gusa, ahubwo no mu bikorwa by’iteramabere. Ni gutyo ikibazo cy’ibura ry’amazi akigereje kandi yiyemeje ko amazi y’urubogobogo azaturuka Mutobo mu birunga azakwizwa abanyarwanda bose kabone n’iyo byatwara ibya mirenge.

Muri iyo kamere hari iyo gushira amanga (audacity) yagiye agaragaza mu buryo yahangaye ubucamanza bwa mpatsibihugu kandi akabubuza ijambo muri Afurika kimwe n’uburyo atigeze atatira na gato imbere y’imyanzuro y’amwe mu mahanga ku Rwanda mu kibazo cya Congo. Aha ni na hahandi koko umuntu agera akibaza ati “ariko se koko muri 2017 tuzacire umugisha ngo batagira ngo ?”

Harya ngo ni byiza ko agenda kuko n’ubundi Imana yamuhamagara ? None se igihe itaramuhamgara kuki adukundiye tutamubyaza umusaruro ?

Harya ngo gukomeza kwaba ari ukwikanyiza no kudasiga umurage wa demokarasi ? Demokarasi si baringa ! Demokarasi ni ubwoko bw’imitegekere y’igihugu iha ijambo rikuru kandi rya nyuma abaturage mu gufata ibyemezo ku buryo bayoborwa no ku bindi bireba ubuzima bw’igihugu cyabo. Demokarasi rero izirana n’imigani , imvugo na za kirazira bikumira impaka ku miyoborere y’igihugu. Simbona impamvu igihe abanyarwanda babyifuje, batabihatiwe bagasaba ko imiyoborere y’igihugu cyabo iba gutya itaba gutya. Ubuse abanyarwanda bifuje ko Repubulika isimburwa na Cyami bikaba ntiyaba ari demokarasi ? Kuki se twabishidikanyaho kandi muri 1961 barashyizeho Repubulika ngo isimbure Ubwami ? Aha icyo nshaka kuvuga ni uko igihe abanyarwanda babishatse ndetse bakajya ku karubanda bakabisaba nk’uko batangiye kubigaragaza, ikintu cya mbere dukwiye kwemera ni impaka kuri icyo kibazo, icya kabiri ni ugukemura impaka muri demokrasi byaba ngombwa bigaca muri referendum. Ushobora kubyanga wenyine ni Perezida Kagame kuko ntawamuhatira kwiyamamaza atabishaka, ariko nabwo ntiyakoma imbere abanyarwanda igihe bahagurukiye kuvuga ko igihugu cyabo bifuza ko kiyoborwa n’ushobora kwiyamamaza ubuziraherezo cyangwa kugeza inshuro runaka.

Abavuga ko manda zitagomba kurenga 2 kuki batibaza impamvu zitagomba kurenga 3, 4 cyangwa imwe ? Igisubizo ni uko byanditse mu itegeko nshinga. Amategeko se ntateganya uko itegeko nshinga rihindurwa ndetse ngo anateganye uko ingingo ziremereye nka ziriya zo mu itegeko nshinga zishobora guhindurwa muri demokarasi ? Ibyo byose se byubahirijwe ikibazo cyaba ikihe ?

Abatinya ko amahanga yaduha akato inkunga zikarushaho gufungwa bemera ko ayo mahanga yari akwiye kuba yubahiriza ihame mpuzamanga rya right of nations to self determination cyangwa droit des peuples de disposer d’eux memes ? Amahanga abyivanzemo se uwaba abaye umunyarugomo yaba nde ?

Demokarasi se ni ukubaho uko undi ashaka cyangwa ni ukubaho uko abenshi mu banyagihugu babigennye ?

Ni amahirwe atagereranywa kuba ikibazo cy’uko u Rwanda ruzayoborwa nyuma ya 2017 gitangiye kuganirwaho ubu. Ibi biragaragaza ko Perezida Kagame yiteguye kumva icyo abanyarwanda bamubwira, biragaragaza ko nta mugambi wo kuzingitirana abantu ku munota wanyuma. Ni amahirwe atabaho yo kugirango abanyarwanda tubiganireho aho turi hose tuzafate icyemezo cyatuma muri 2017 umurongo mwiza igihugu kirimo ukomeza, ibitaragezweho bikomeza gukorwa kandi igihugu ntigihungabane na gato.



Ntabwo nimye agaciro ibitekerezo by’abasanga Perezida Kagame yari akwiye gutanga inkoni y’ubushumba muri 2017 ndetse njye nongeraho ko byari kuba mahire iyo bishoboka. Ariko ndareba uru Rwanda rukanshisha. Ndarureba nkababwa ! Ndarureba ngatinya ko rwagwa mu maboko y’umudabagizi cyangwa umuntu usanzwe nka jye nawe dushobora gushaka gutinda mu makoni mu byo dukora maze abazimu bakarusubiza aho rwahoze. Ndarureba ngatinya akajagari katuma izi ngabo zirebera zicecetse (la grande muette) zarambirwa zikabyivangamo nk’uko byagiye bigenda mu bihugu bimwe bya Afurika. Mfite n’ikizere ariko cy’uko abanyarwanda atari abana, ko atari ba batibuka, ko atari ba mutima muke wo mu rutiba kandi ko bafite igihe cyo kuzabona formule ibanogeye yo guhuza izi mpungenge z’ibice byombi. Ni nayo nyandiko ubutaha nemereye abasomyi b’IGIHE.com aho tuzarebera hamwe uburyo demokarasi, icyubahiro cy’igihugu bishobora guhuzwa n’inyungu zacyo.

Source : igihe.com

mardi, février 12 2013

Nyuma y'ubusambo ikorera abanyepolitiki,Polisi ya Kagame igeze n'aho guca abaturage amaboko !

Ku itariki ya 19 Mutarama 2013 nibwo Nsengiyumva Jean Bosco utuye mu Murenge wa Ruhuha yafashwe n’abaturage ajyamwa kuri station ya polisi ya Ruhuha, nyuma yo kumanura cash power y’umuriro wa EWSA ku nzu y’umupolisi AIP Emmanuel Nzeyimana iri mu Mudugudu wa Kagasera, Akagali ka Kindama Umurenge wa Ruhuha.

Mu kugera muri kasho, kubera ko Nsengiyumva yari asanzwe azwiho amahane kubera ko ngo afite ikibazo cy’indwara yo mu mutwe yaba aterwa n’ibiyobyabwenge afata, ntabwo yafunzwe mu buryo busanzwe ahubwo yafunzwe aziritse amaboko n’amapingu ariko ntihagira umwitaho ngo amureberere nk’uko bikorerwa umuntu ufite ikibazo cyo mu mutwe iyo hemejwe ko azirikwa.

Aya mapingu yaje kumukanyaga ndetse amuca ibikomere ku maboko byatumye amaraso yifunga ntiyatembere mu bice by’amaboko byerekeza no ku biganza. Muganga wamugezeho bwa mbere aho yari afungiye ni Umubikira Liberata Muragijemaliya uyobora Ikigo Nderabuzima cya Ruhuha yadutangalije ko yamugezeho agifite amaboko ariko afite ibikomere gusa intoki zari zitarabora.

Yagize ati ”Ubundi ntabwo umurwayi yigeze aza ku bitaro, ahubwo barampamagaye musanga aho afungiye ariko nsanga arenze ubushobozi bwacu mpita mbaha impapuro zimujyana ku bitaro bya Nyamata, hari ku italiki 22 Mutarama 2013 ariko yari atarageza aho abora kandi ntibyari kuba ngombwa ko amaboko bayaca.”

Nsengiyumva ntiyagize amahirwe yo kugezwa kwa muganga kuri iyo tariki ahubwo Polisi ya Ruhuha yamumaranye ikindi cyumweru, ari nako ibice by’amaboko amaraso atarakigeramo bibora gahoro hagoro.

Yaje kugezwa kwa muganga ku Bitaro bya ADEPR Nyamata ku itariki ya 28 Mutarama 2013, nabo bamwohereza ku Bitaro by’i Ndera ahakunze kuvurirwa abafite uburwayi bwo mu mutwe. Ageze i Ndera ngo basanze batamubasha basaba ibitaro ko byamusubirana bikaba nza bikamuvura agakira amaboko.

ADEPR Nyamata nayo yaje kumwohereza muri CHUK ari naho bafashe umwanzuro wo kumuca amaboko kuko yari yaramaze kubora nta garuriro. Kugeza ubu hafunze abapolisi batatu barimo uwari Commandat wa Polisi yu Ruhuha, ushinzwe abafungwa ndetse n’uwari ushinzwe iperereza muri iyo station ya Polisi.

Uyu Nsengiyumva waciwe amaboko asanzwe ari inkeragutabara ndetse ngo ashobora no kuba yarigeze kuba mu mutwe w’abasirikali barinda Umukuru w’Igihugu ndetse ngo yakurikiranye amasomo ya gikomando. Yafatwaga nk’umuntu uhungabanya umutekano mu Murenge atuyemo ariko akabiterwa n’ikibazo cyo mu mutwe ahanini ngo yaterwaga no kunywa ibiyobyabwenge.

Abavandimwe ba Nsengiyumva bavuga ihohoterwa yakorewe kugeza aho acibwa amaboko ryari ryagambiriwe n’abapolisi barimukoreye. Bakaba banemeza ko ingaruka z’ibimubayeho byose zatewe n’uko uwo yangirije ari Umupolisi mugenzi wabo.

__Source: Umuryango.com UMUSEKE.COM__

lundi, février 11 2013

IBUKA yamaganye irekurwa rya Mugenzi na Mugiraneza

Remera – Mu rugendo bakoze bucece, abantu basaga ibihumbi bibiri bavuye ku Gishushu berekeza ahakorera ICTR mu Rwanda ku Kisimenti bavuga ko bagirango bagaragaze ku mugaragaro ko bamaganye icyemezo cy’urugereko rw’ubujurire rw’urukiko rwa Arusha rwagize abere Justin Mugenzi na Prosper Mugiraneza bakekwagaho Genocide.

Uru rugendo rwateguwe na Ibuka ifatanyije n’imiryango 15 y’abacitse ku icumu igize Ibuka, rukaba rwitabiriwe na benshi nyuma y’imvura nyinshi cyane yari imaze guhita mu mujyi wa Kigali. Professor Jean Pierre Dusingizemungu wari uyoboye uru rugendo yavuze ko ibintu nka biriya bitari kuba i Arusha ngo abarokotse bicecekere hato ngo batazagirango byarabanyuze. Yagize ati “ Twaje kwereka uru rukiko intege nke zarwo. Rwatangiye nabi none rushoje nabi. Kugira abere abateguye Genocide tugomba kubagaragariza ko tutabyishimiye na gato. Si ubutabera.”

Ubwo abari muri uru rugendo bageraga i Remera ahakorera ikicaro cy’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) nibwo batangiye gutera hejuru bati “ Twamaganye irekurwa rya Mugenzi na Mugiraneza” Bati “Twamaganye ubutabera bw’Urukiko rwa Arusha” n’andi magambo nkayo. Uru rukiko tariki 04 uku kwezi rwagize abere Justin Mugenzi na Prosper Mugiraneza bahoze ari ba Ministre kuri Leta y’Abatabazi yayoboye mu gihe cya Genocide, nubwo mu rubanza rwa mbere bari bakatiwe imyaka 30. Icyemezo cy’uru rukiko kikaba kitaranyuze abacitse ku icumu bavuga ko aba bagabo bombi bagize uruhare rukomeye mu gutegura Genocide no kwica uwari Prefet wa Butare Jean Baptiste Habyarimana wari waranze ko kwica abatutsi bitangira i Butare.

Source: umuseke.com

dimanche, février 10 2013

KAGAME PAUL YAHAYE ABAYOBOKE BE UMUKORO WO GUHINDURA ITEGEKO NSHINGA NGO AZAGWE KUBUTEGETSI!

''Mu nama nkuru idasanzwe yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi yateraniye i Remera kuri Petit Stade kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Gashyantare, Perezida Paul Kagame yahaye umukoro abanyamuryango ba FPR wo kujya gutekereza ku bisubizo by’ibibazo biri mu gihe kiri imbere, by’umwihariko mu mwaka wa 2017 ubwo manda ye ya kabiri izaba irangiye. '' Muri iyi nama yari iyobowe na Chairman w’Umuryango FPR, Perezida Paul Kagame, yitabirwa n’abanyamuryango b’ingeri nyinshi barimo abayobozi mu nzego zose z’igihugu bakomoka muri uyu muryango, abacuruzi, ba rwiyemezamirimo bakiri bato, abanyeshuri bari bahagarariye abandi, hibanzwe ku bintu bitatu birimo impinduka, gukomeza umurongo igihugu kirimo n’ituze, ndetse habaho umwanya utari muto wo guhana amakuru ku bibazo byugarije igihugu muri iki gihe, by’umwihariko ikibazo cya Congo na M23, aho Perezida Kagame yahaye abanyamuryango ba FPR amakuru ku miterere yacyo kuri ubu n’amacenga akomeje kuranga ikemurwa ryacyo.

Hagarutsweho ku kuba hari benshi basaba Perezida Kagame ko yazakomeza kuyobora igihugu nyuma y’umwaka wa 2017 bagaragaza ko"ntawuhindura ikipe itsinda" ndetse kandi ko Itegeko Nshinga ari Abanyarwanda baryitoreye, bityo guhindura ingingo yaryo ya 101 ivuga ku mubare wa manda Umukuru w’Igihugu yemerewe kuyobora bakaba basanga byakorwa ; hari abandi bakomeza kubaza Perezida Kagame niba koko azemera kuva ku butegetsi, gusa we yahisemo gutanga ihurizo kuri buri wese mu banyamuryango ba FPR ngo ajye gutekereza icyazakorwa mu mwaka wa 2017.

Nubwo ariko Perezida Kagame yatanze umukoro ku banyamuryango ba FPR Inkotanyi, bamwe muri bo batanze ibitekerezo kuri wo bagaragaza uko babona byazagenda muri 2017.

Mu batanze ibitekerezo, benshi muri bo bavugaga ko bashyigikiye byimazeyo ko Perezida Kagame yazakomeza kuyobora u Rwanda, ahanini bagendeye ku iterambere igihugu kigezeho babicyesha imiyoborere ye myiza, bityo bagasanga mu gihe abaturage baba babihisemo, nyir’ubwite atabahakanira. Hari uwabwiye Perezida Kagame barebana amaso ku maso ati "(...) igihe cyose twakwiyambaje nta na rimwe wigeze udutererana, kuva mu ishyamba kugeza ubu, kuburyo muri 2017 nitukwiyambaza nanone twizeye neza ko utazadutenguha uduhakanira."

Ku rundi ruhande ariko, hari nanone abandi batanze igitekerezo cy’uko Perezida Kagame aramutse asimbuwe n’undi muntu, yazakomeza gukorera hafi y’Umukuru w’Igihugu mushya, bityo ibi bikaba byatuma "ibyagezweho bidahungabana". Aba bavugaga ko ibi byakorwa hongera gushyirwaho umwanya w’Umukuru w’Igihugu wungirije, cyangwa se agakora nk’umujyanama wa hafi w’Umukuru w’Igihugu.

Muri iki gihe bikomeje kugaragara ko abanyarwanda n’abanyamahanga benshi bibazo uko bizagenda mu mwaka wa 2017 ubwo manda ya Perezida Kagame ya kabiri izaba irangiye, benshi bakemeza ko bigoye kubona uzamusimbura agakomeza guteza igihugu imbere, hirindwa ko u Rwanda rwahinduka nka Mali, igihugu gisanzwe kivugwaho kuba intangarugero muri demukarasi ariko kuri ubu bikaba byaradogereye.

Yagaragaje ko iki kibazo cya manda ya gatatu akibazwa kenshi kuva yongera gutorerwa kuyobora manda ya kabiri mu mwaka wa 2010 kugeza ubu, aho abanyamakuru bakimubaza inshuro zitari nke, urugero rwa hafi ni mu kiganiro aheruka kugirana n’umunyamakuru wa CNN Christiane Amanpour mu mpera za Mutarama. No mu ruzinduko aheruka kugirira mu Karere ka Rusizi nabwo umuturage yamubajije iki kibazo anamugaragariza ko ashyigikiye ko yazakomeza kuyobora u Rwanda.

Hari kandi na benshi bamwandikira amabaruwa bamusaba kuzakomeza kuyobora u Rwanda mu yindi manda muri 2017, amwe muri yo yari ayafite muri iyi nama nkuru, muri aba harimo uwamwandikiye amubwira ko umunsi yavuye ku buyobozi bw’igihugu bimuteye impungenge kuburyo azahunga, akava mu Rwanda ni bigenda bityo.

Mu gihe cy’amasaha arenga abiri, Chairman wa FPR yumvise ibitekerezo byatanzwe na buri wese mu babyifuje mu banyamuryango, ariko avuga ko bikwiye kubera umukoro buri wese wo kujya kureba icyazakorwa muri 2017.

Yagaragaje ko we nk’umuntu akeneye gufata ikiruhuko agahindura n’imirimo mu mwaka wa 2017, ariko kandi ku rundi ruhande yavuze ko mu buzima bwe atajya ahunga ikibazo, ahubwo ko yiha umwanya akagikemura.

Perezida Kagame muri iyi nama kandi yashimiye abayobozi mu nzego zose barimo abaminisitiri, abagize Inteko Ishinga Amategeko, Sena, ingabo, Polisi n’abandi bakomeje kugira uruhare mu gukemura ibibazo igihugu gihura na byo buri gihe. Yagize ati "Impamvu mbashimira, ni uko ibibazo tunyuramo bitadusubiza hasi kubera impamvu imwe ; ni uko twese dusenyera umugozi umwe."

Iyi nama nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi (National Executive Committee) ibaye iya mbere iteranye nyuma y’iyizihizwa ry’Isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe.

__ Source : Igihe.com__

jeudi, février 7 2013

Mu Rwanda abaturage bicishijwe inzara na Leta kugira ngo babe abacakara ba Rubagumya !

Abaturage bo mu kagari ka Rwentanga, Umurenge wa Matimba, Akarere ka Nyagatare ubu umubyeyi wabo ubafitiye ubuzima mu maboko ni umuhinzi wa kijyambere Rubagumya Sam, kuko ari we usigaye ubamenyera ubuzima bwabo bwa buri munsi kubera inzara ibamereye nabi.

Nk’uko twabitangarijwe n’abaturage batuye aka kagari ka Rwentanga bavuga ko nyuma y’aho gahunda yo guhuza ubutaka ishyiriwe mu bikorwa, bagize inzara ku buryo iyo batagira Rubagumya batazi uko bari kubaho. Umwe muri aba baturage ati “Imana yirirwa ahandi igataha i Rwanda koko ! Iyo Rubagumya tutamugira ntabwo twari kubaho.”

Muri uyu murenge habaye inzara kubera uburyo Gahunda yo guhuza ubutaka yashyizwe mu bikorwa, abaturage bayinjiyemo batagishijwe inama, bituma ibindi bikorwa byose byari bibatunze bihagarikwa hutihuti. Kuva ibyo bari bahunitse bishize batangiye kujya guhahira mu Bugande ariko ntabwo mu minsi ishize byari byoroshye kubera ko icyambu cyuzuye, gishobora guhitana umuntu.

Abo twaganiriye bagize bati “Twaranduriwe imyaka n’insina tudategujwe, imyumbati ikurirwa hasi. Ibyo twahunitse bimaze gushira, ni ko guhura n’inzara ubu itumereye nabi.”

Nyuma Sam Rubagumya bahimbye akazina k’umubyeyi wabo cyangwa Ndamirabana ngo ni bwo yaje kubaha akazi ko gukora mu mirima y’ibigori. Umuturage ngo agahembwa amafaranga y’u Rwanda Magana arindwi, abakoze bakageza saa sita, na ho abageza saa Cyenda z’igicamunsi akabaha amafaranga igihumbi. Aba baturage ngo bagira ikibazo ku munsi w’umuganda iyo Rubagumya ataje kuko abenshi muri bo baburara.

Uyu niwe Sam Rubagumya uhatse abaturage!

Eng. Mporana Jules ushinzwe ibikorwaremezo mu kibaya gihinzemo ibigori mu murenge wa Matimba ukorana umunsi ku munsi n’aba baturage, avuga ko iyo imyaka itarera ari ibisanzwe ko ifunguro rigabanuka. Agira ati “Aba baturage bashonje bahishiwe kuko bagiye kweza. Kuba barimo gutaka inzara biterwa n’uko bataramenyera iyi gahunda yo guhuza ubutaka. Nyuma y’aho iyi gahunda ishyiriwe mu bikorwa, Akarere ka Nyagatare kahaye abaturage ibibatunga, ariko bazabyishyura nibamara kweza imyaka yabo.”

Twagerageje kuvugana n’Umuyobozi bw’akarere Nyagatare ku murongo wa telefone ntiyatwitaba, tumwandikira n’ubutumwa bugufi ku birebana n’ikibazo abo baturage bafite ariko ntiyagira icyo adusubiza.

Source: Igihe.com

mardi, février 5 2013

Ntabwo bashaka ukuri ahubwo barashaka umutwe wa Mugesera!

Kuri uyu wa 04 Gashyantare, yari inshuro ya gatanu Dr Leon Mugesera yumvwa n’Urukiko, mu bwiregure bwe arasa n’usobanura amateka ariko ntatomora ngo avuge ku byaha bigera kuri bitanu aregwa.

Kuri uyu munsi, ari kumwe n’umwunganizi we, ariko we udakoma, yongeye kugaruka ku byo yavuze ubushize, avuga ko Genocide yatewe n’abo we yise ‘Abagande’ bateye u Rwanda mu 1990.

Kuri we ngo mbere y’icyo gihe mu Rwanda hari amahoro asesuye, avuga ko gutera mu 1990 aribyo ntandaro y’ibyabaye, ibi ngo bigomba kubazwa President Museveni wohereje abateye u Rwanda.

Mu magambo ye, Mugesera avuga ko abateye abafata nk’abanya Uganda kuko icyo gihe itegeko nshinga rya Uganda ngo ritemeraga ubwenegihugu bubiri.

Bityo asobanura ko kuba mu bateye harimo Maj Paul Kagame (President Kagame ubu) na bagenzi be, ngo byumvikana ko atari kugeza kuri iryo peti ari umunyamahanga, bityo agashimangira ko ari abanya Uganda b’ingabo za Museveni bateye bagatuma ibintu bihinduka mu Rwanda.

Ijambo rye ngo siryo ryabiteye

Aha niho Mugesera yabaye nk’uwiregura ku cyaha cyo gushishikariza abantu gukora Genocide, ubwo yavugaga ko impamvu yatanze haruguru arizo nyirabayazana w’ibyaye atari ijambo rye.

Uyu mugabo ubona ko ameze neza mu maso, yavuze ko mu gihe mu Rwanda hari ‘tension’ kuva mu 1990 ngo we yari muri Canada akorera impamyabumenyi ya ‘Doctorat’ ngo azaze kwigisha abana b’u Rwanda nkuko abisobanura. Ibi kuri we ngo bigaragaza ko nta ruhare afite mu byabaye nyuma y’icyo gihe.

Mu kwiregura kwe, yongeye kuvuga ko amahanga akwiye kubazwa ibyabaye mu Rwanda kuko ntacyo yakoze ngo abikumire cyangwa atabare, naho we adafite aho ahuriye nabyo.

Mugesera, yaje guterana amagambo n’abacamanza ubwo yireguraga ashingira ku gitabo cyanditswe na Abdul Ruzibiza ngo wahoze muri RPF, wavuze ko abateye u Rwanda hari ikibi bakoze, abacamanaza bamubwiye ko abicwaga bavugwa n’ubushinjacyaha ntaho bahuriye n’abavugwa mu gitabo cya Ruzibiza.

Yasubije ko we icyo atsimbarayeho ari uko ingaruka zitamuturutseho ngo ahubwo ni ingaruka z’abateye igihugu,yongeyeho ko hari abagiye bapfa kdi ngo ntaho bahuriye nawe . Abacamanza bamubajije niba ibyanditswe na Ruzibiza ari ibyambere ya 94 cyangwa se nyuma yaho maze avuga ko azatanga igisubizo nyuma.

Mugesera ubwe yavuze ko mu bwiregure bwe ataragera aho yinjira mu byaha aregwa nyirizina bityo ko bagomba kumuha umwanya bakamwumva.

Urubanza rwe rurakomeza kuri uyu wa 05 Gashyantare 2013.

Daddy SADIKI RUBANGURA UMUSEKE.COM

vendredi, février 1 2013

DISCOURS DE M. PASTEUR BIZIMUNGU PRESIDENT DE LA REPUBLIQUE RWANDAISE PRONONCE A CYANGUGU LE JEUDI 10 OCTOBRE 1996 (traduit du Kinyarwanda)

Excellence Monsieur le Premier Ministre, Excellences ici rassemblées, Rwandais, Rwandaises de la Préfecture de Cyangugu, Comme vous le disiez tout à l’heure, vous êtes des courageux inexpugnables, que Dieu soit toujours avec vous au Rwanda ! (applaudissements) Comme vous l’avez encore dit, nous sommes des Rwandais, descendants d’un même Père, nous sommes tous frères (applaudissements).

Dans notre pays-ci, le Rwanda, je crois que, en ce qui concerne l’Histoire, nous pouvons la subdiviser en 2 parties :

Il y a eu le Rwanda, le Rwanda de GIMANGA (ancêtre hamitique et légendaire fondateur du Rwanda NDTR), le Rwanda de KANYARWANDA (ancêtre hamitique et légendaire de la population rwandaise NDTR), qui était caractérisé par nos propres us et coutumes, qui était généreux, qui avait de l’humanisme et priait le bon Dieu.

La dernière tranche de son histoire est marquée par l’arrivée des Blancs qui fondèrent le poste de Shangi (localité située dans l’actuelle Préfecture de Cyangugu NDTR). Peu après, on nous parle de l’histoire du Mwami MUSINGA, ayant refusé d’être l’homme de paille des Blancs ; ceux-ci le condamnèrent à l’exil et le déportèrent à SHANGI croyant que c’est en dehors des frontières du Rwanda, assertion que nous avons toujours réfutée même jusque maintenant.

Vient alors le Rwanda sous domination étrangère qui détruisit le premier et dans lequel naquirent les dissensions. Ce Rwanda a connu beaucoup d’événements, mais on pourrait en citer les plus récents et qui nous concernent tous et qui expliquent notre présente rencontre : il y a eu le génocide et les massacres. Ce vocable n’avait pas d’expression correspondante en Kinyarwanda. Cela prouve que le génocide et les massacres sont un nouvel enseignement, sons une importation étrangère.

Nous avons essayé de mettre fin au génocide et aux massacres. Et comme vous le savez, tous les Rwandais, nous nous unissons pour panser et guérir les blessures causées au Rwanda par ce génocide et ces massacres. Et même après, vers la fin du génocide et de massacres, il y a eu l’“opération Turquoise ” qui, elle aussi, nous aurait divisée. Elle a affecté surtout la Préfecture de Cyangugu qu’elle a détruite.

Mais comme nous avions refusé que cette opération turquoise nous divise, ceux qui l’avaient montée, en se repliant, ont dit, en nous proférant des menaces, qu’ils allaient attendre à la frontière. 2 Depuis lors, sur cette frontière, les infiltrés ne cessent d’attaquer le Rwanda, de venir piéger les personnes dans les marchés, de venir attaquer les gens dans leur sommeil, de venir assassiner les autorités, de venir exterminer les rescapés du génocide et des massacres et de venir éliminer tous ceux qui veulent contribuer à la reconstruction du Rwanda.

Les Rwandais, à tous les niveaux, ont remarqué leur cruauté et, en collaboration avec l’armée, ils se sont levés pour lutter contre ces malfaiteurs. Je remercie donc particulièrement la Préfecture de Cyangugu qui s’est unie pour que nous combattions cette cruauté, et tranquillisions les faibles et tous ceux qui peuvent être victimes de ces malfaiteurs. Pour le moment, ce qui est à la Une, c’est d’envoyer, à partir de l’autre côté, là au Zaïre, les obus destructeurs sur des Rwandais innocents. Il n’y a pas de différence entre les “ Interhamwe ” et les Autorités zaïroises, ils sont tous du même acabit. Lorsqu’ils envoient leurs obus, ceux-ci ne font pas de distinction : ils peuvent tomber sur un enfant, sur une vieille femme, sur une personne adulte. Nous sommes tous leur cible. Nous compatissons tous ensemble, avec tous ceux qui ont perdu les leurs par ces obus, par les infiltrés, et par le génocide et les massacres.

Aujourd’hui, tout le Gouvernement, presque tout le Gouvernement, comme vous le voyez, s’est déplacé pour venir se joindre à vous et vous dire qu’il est avec vous. Celui qui provoque Cyangugu provoque le Rwanda. Il nous provoque tous. Nous nous mobilisons tous ensemble pour lui rendre la monnaie de sa pièce (Applaudissements). On n’emprunte pas à celui avec qui on est en dispute. Si le Zaïre nous faisait du bien, nous cohabiterions en harmonie comme des frères et en bons voisins. Celui qui veut vous exterminer comme ils le font en nous envoyant leurs obus et d’autres malfaiteurs, celui donc qui veut vous exterminer vous fait du tort. Mais d’un autre côté, il vous donne le droit de le combattre ouvertement, inconditionnellement et sans tergiversation. Tel doit être notre engagement.

Je voudrais donc rassurer la population de Cyangugu que chaque fois qu’on se sera déterminé à nous malmener, le Rwanda va se venger. Je voudrais encore dire à la population de Cyangugu ici présente, à toute la population rwandaise que vous représentez, aux Rwandais Républicains, aux Rwandais de Gihanga, dire à tous les Rwandais éparpillés là et à l’étranger, qu’à l’arrivée des Blancs au Rwanda, le Rwanda avait à peu près six cents ans d’expérience en tant que pays, le Rwanda. et CYOHOHA franchissant la chaîne des volcans jusqu’au lac RWICANZIGE (Lac Edouard NDTR). Il s’étendait aussi de la RUBUMO jusqu’aux frontières du BUHUNDE et nous vivions en bonne intelligence sans problèmes avec les BAHUNDE. Même la région jadis appelée BIGHUGI considérée aujourd’hui comme berceau des BANYAMULENGE, tous les3 habitants de ces contrées étaient des Rwandais. Même KAYENZI et autres, situées actuellement au Zaïre, faisaient partie du Rwanda.

Ces BANYAMULENGE dont vous entendez parler sont nos congénères avec qui nous partagions le Rwanda. Mais à partir des années 1960-1963, avec la fondation de l’O.U.A., nous avons souscrit au principe d’intangibilité des frontières. C’est pourquoi, en luttant contre le génocide et les massacres, nous nous sommes arrêtés à nos frontières sans aller porter secours aux populations de MASISI, alors que nous en étions capables, parce que nous respections la souveraineté d’un autre pays. Lors de la scission du Rwanda en deux parties par les Blancs, ces populations de MASISI et ces BANYAMULENGE étaient établies là où elles sont depuis quatre cents ans. Elles sont très anciennes et plus anciennes que la ZAIRE. Elles y sont plus âgées que le pays du Zaïre. J’entends dire que de l’autre côté, certains leur disent de se sauver faute de quoi ils les extermineront.

Je voudrais encore dire aux BANYAMULENGE qu’ils doivent faire la leçon d’histoire à ceuxlà qui les pourchassent et leur apprendre le savoir-vivre en vue du respect des droits de l’Homme ; et que ce sont ces BANYAMULENGE qui devraient donner un ultimatum de s’en aller, à ces LUCIFER qui veulent les exterminer et les expulser de leur pays. Il paraît qu’ils veulent les renvoyer au Rwanda. Le Rwanda est habituellement une terre d’accueil pour ceux qui sont en détresse. Le Rwanda ne peut pas refuser d’accueillir les frères. Mais, si le pari est de chasser deux-là qui ont vécu dans ce pays depuis plus de quatre cents ans, en les réduisant au petit Rwanda, ce Rwanda républicain, les seuls BANYAMULENGE que nous accueillerons sont les enfants et les vieilles femmes. Les autres doivent rester là-bas pour corriger et donner la leçon de savoir-vivre à ceux-là qui veulent les chasser.

Celui qui dit qu’il veut vous tuer, celui qui dit qu’il veut vous exterminer sans raison, vous fournit automatiquement le motif d’utiliser tous les moyens possibles et imaginables que vous pourriez trouver pour que ce soit vous qui l’exterminiez afin de l’empêcher de nuire (Applaudissements). Pour toutes ces raisons, les BANYAMULENGE qui sont ici, à part les enfants et les vieilles femmes, nous allons leur dire de traverser et retourner chez eux pour aller apprendre à ces malfaiteurs que les BANYAMULENGE sont aussi des êtres humains, qu’ils aspirent aux bonnes relations avec les autres citoyens mais que leurs droits se trouvent dans le berceau de leur naissance, qu’ils ne sont pas des Rwandais réfugiés et que nous ne les renvoyons pas en tant que réfugiés rwandais comme le . Ce ne sont pas des rwandais. Ce sont des Zaïrois qui doivent lutter pour leurs droits.

Cette chasse aux BANYAMULENGE ne doit donc pas nous intimider. Actuellement, nous ne pourrions pas comprendre comment quelqu’un peut s’insurger contre son voisin pour l’exterminer sous prétexte que celui-ci parle le kinyarwanda alors que c’est sa langue maternelle depuis plus de six cents ans avant même l’arrivée des Blancs ici. 4 Nous n’accepterons pas, la communauté internationale n’acceptera pas qu’il y ait un autre génocide et d’autres massacres comme celui de MASISI. Habitants de Cyangugu, ne soyez donc pas intimidés ! Tout d’abord, celui qui va s’en prendre à vous s’en sera pris automatiquement au Rwanda.

Nous nous lèverons. Mais aussi nos frères qui sont de l’autre côté et qui n’ont provoqué personne ne doivent pas s’inquiéter. Ceux qui ne sont pas en mesure de donner la leçon de savoir-vivre à ces malfaiteurs, j’ai dit les enfants et les vieilles femmes, nous les accueillerons, nous ne manquerons pas à les nourrir. Dans notre Rwanda donc, il y a eu le génocide et les massacres, qu’ils ne se reproduisent plus ; il y a eu des tueries, qu’elles ne se répètent plus. Pour que cela soit réalisable, il faut nous lever et unir nos forces.

Ces malfaiteurs qui viennent éliminer certains d’entre nous, nous devons nous entraider en unissant nos forces pour les contrecarrer et leur barrer le passage. On m’a dit que vous avez d’autres problèmes. Comme nous avons encore un peu de temps avant qu’il ne pleuve, nous pouvons répondre à une dizaine de questions. Mais la mission principale qui a déplacé le Gouvernement était de vous faire part des messages en provenance des autres régions du Rwanda comme quoi vous n’êtes pas seuls ; que les autres Rwandais sont avec vous et que nous sommes tous frères, que vos malheurs seront les nôtres ; qu’ils seront les malheurs de tous les Rwandais. Je vous remercie !

Source : DHR

mercredi, janvier 30 2013

INKOTANYI ZIJUNDITSE CYANE ABAGIYE GUSHINJURA ARUSHA

Hashize iminsi bivugwa ko hari amanama anyuranye yakoreshejwe i Rukara muri gahunda ngo yo gushyira kuri lisiti abanyarukara banyuranye bagiye Arusha gushinjura Mpambara Jean ,wari bourgoumestre wa Komini Rukara 1994 , na Mugenzi Justin wari perezida wa PL akaba na minisitiri w'ubucuruzi. Mu mpera z'umwaka ushize mu Ugushyingo ni bwo Abacikacumu bakoreshejwe inama ku mucuruzi witwa Nzaramba mwene Rwabutogo.

Inama ikaba yaragombaga kunononsora ibyaha bazashyira ku malisiti y'abo bantu ngo byoherezwe mu Bushinjacyaha bw'ibihugu barimo ,dore ko ngo baba babarizwa mu Bufaransa Malawi, Canada na Mayotte.Iyo nama yayobowe na Ruburika Gerard,afatanije na canon Butera bafatanije n'umukozi wa Minisiteri y'ubutabera ngo ushinzwe gukurikirana abakoze Génocide bari hanze! Muri iyo nama kandi bahise basaba abayirimo kugerageza kubona byanze bikunze amafoto y'abo bantu. Hemejwe ko umucikacumu ubona ifoto y'umwe muri abo bashakishwa ahita ahabwa 200.000 frw na ho uyimuhaye bakamuha 100.000frw. Nyuma y'inama rero nibwo abacikacumu bahise batangira gushakisha amafoto y'abo bantu.

Murumva ko niba abo bahigwa ari 10 uwari kuzibona zose yari gukuramo akayabo.Abahutu benewabo rero bamwe barangwa n'inda yagutse barazitanze birira cash!!!!Hari umwe bahise babona ifoto ye y'ubukwe ari na Mme we baba ari yo bohereza muri interpol!! Ni akumiro!! Mwitondere rero kumenya abo muha amafoto yanyu n'abo mubona mu birori birukira gufotora abantu nta mpamvu.Mu kwa cumi na kabiri rero ni bwo ngo ayo madosiye ya mbere yagejejwe kuri interpol.Bamwe muri abo bashakishwa rero bene wabo bari mu Rwanda bagerageje kubabwira ko Abacikacumu barimo kuvuga ko bagiye kubagarura mu Rwanda barabisuzugura ngo ni ibihuha. None ngaho police zo muri ibyo bihugu barimo nka France ngo yatangiye kubafata ibabaza ibyaha bakoze muri Genocide. Kandi igitangaje ni uko koko ya foto yahise itangwa y'ubukwe y'umwe mu bahigwa ari yo iri kuri interpol. Ntibyoroshye rero ngo n'utakwishe aragukerereza!

Museminari (DHR)

mardi, janvier 22 2013

Nyuma yo kubeshyera abahutu muri za gacaca kugira ngo bamburwe utwabo, ubu ibitaro nibyo bigezweho !

Abagore babiri bemera ko batekereje uko babona amafaranga ku bitaro bya Gitwe babibeshyeye ko byabavuye nabi ubundi bikabaha ingurane mu mafaranga. Ni nyuma y’uko hari inkuru ivuzwe cyane ko hari umugore ibi bitaro byasize ‘compresse’ mu nda ubwo yabagwaga ikamumaramo umwaka.

Mu nkuru ebyiri zasohotse mu masaha 48 (kuwa 15 na 17 Mutarama uyu mwaka),Mukamugenzi Grace wo murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango yashinjaga ibi bitaro kumusigamo ‘compresse’ ubwo yabyaraga akayimarana umwaka mu nda. Naho Mukakarisa Immacule we ashinja ibi bitaro ko byamurangaranye ubwo yabyaraga, umwana agapfa ndetse ngo akanaharwarira indwara yo kujojoba.

Abaganga bo ku bitaro bya gitwe babwiye Umuseke.com ko ibyo aba bagore bashinja ibitaro bakoraho atari byo kuko nka Mukamugenzi Grace we bidashoboka ko wamarana ‘compresse’ umwaka wose mu nda. Kuwa gatanu tariki 18 Mutarama uyu mwaka, ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, Ibitaro bya Gitwe ndetse n’abahagarariye Police bagize inama yarimo n’aba bagore.

Mukakarisa Immaculee na mugenzi we muri iyi nama bemeje ko ibyo bakoze byose bari bagamije gushaka amafaranga mu bitaro bya Gitwe kuko ngo bifitiye ubukene, bakabimenyeshe itangazamakuru ngo ribafashe kugirango bimenyekane maze baregere indishyi. Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gitwe bigendera ku mahame y’Idini ry’Abadventist buvuga ko butiteguye kujyana aba bagore mu nkiko, ariko nundi wese ushakira indonke ahadashoboka nko kwa muganga yabyihorera kuko nta nyungu wabibonamo.

Jean Damascène NTINYUZWA UMUSEKE.COM/Ruhango

jeudi, décembre 27 2012

Minani JMV aratangaza ishyaka rye "Isangano-AARDC"

Jean Marie Vianney Minani, Perezida Fondateri w’ISANGANO-ARRDC

Banyarwanda, Banyarwandakazi ncuti z’u Rwanda, Kuri uyu munsi wa mirongo itatu, ukwezi k’Ukwakira, umwaka w’ibihumbi bibiri na cumi na kabiri;

Twe Abanyarwandakazi n’Abanyarwanda bari mu bihugu bitandukanye kw’Isi ndetse no mu Rwanda;

TUMAZE GUKORA isesengura ry’amakosa n’ibyaha ndengakamere byakorewe mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo bikozwe n’Agatsiko ka gisirikare ka FPR-Inkotanyi irangajwe imbere na Gen. Paul KAGAME;

TUMAZE KUBONA ko ikinyoma, akarengane, ivangura, igitugu, kwigwizaho imitungo, gusesagura, kwikubira ubutegetsi, n’ibindi bibi byinshi bikorwa n’Agatsiko ka gisirikare na FPR bikorera P. Kagame bimaze kurenga urugero rwo kwihanganirwa;

TUMAZE KUMVA isomwa ry’urubaza rw’ikinamico umwe mu balideri (leaders) b’impinduka za demokarasi, Madamu Victoire Ingabire Umuhoza yahimbiwe ibyaha n’ubucamanza bukorera inyungu za P. Kagame n’agatsiko ke. Ndetse twibukije nizindi manza za politike Bernard Ntaganda, Deo Mushayidi n’abandi banyapolitiki barezwemo ibyaha by’ibihimbano kubera impamvu za politiki;

DUSUBIJE AMASO INYUMA mu mateka ya vuba n’aya kera cyane y’igihugu cyacu, TUREBYE ibi bihe igihugu cyacu kirimo, kandi turengeje amaso TUKAREBA EJO HAZAZA,

DUSANZE kuzahura u Rwanda no kurushyira kuri gahunda zisobanutse z’igihe kirerekire bisaba ko URWANDA RWIYUBURURA rugakora REVOLISIYO YIMBITSE MU MAHORO (deep revolution/transformation).

Twebwe ABANEGIHUGU B’U RWANDA mu ngeri zose cyane cyane ‘La Nouvelle Génération/ New Generation’ twiyemeje gushyiraho ISANGANO RY’ABANYARWANDA BAGAMIJE IMPINDUKA ZA REVOLISIYO NA DEMOKARASI (ALLIANCE OF RWANDANS FOR REVOLUTION AND DEMOCRATIC CHANGE: ARRDC);

Twiyemeje gutera ikirenge mu cy’abalideri (leaders) bafungiwe impamvu za politiki kugirango twereke Agatsiko ka P. Kagame ko katazadufunga twese ngo katumare kandi ko abazasigara bose bazakomeza guharanira impinduka ya demokarasi.

Banyarwandakazi Banyarwanda dukunda aho muri hose, mu Rwanda no hanze yarwo,

Nimudahaguruka ngo muhindure imitekerereze (revolution of ideas) Agatsiko ka P. Kagame kazadutsikamira twe n’urubyaro rwacu n’abazabakomokaho imyaka myinshi.

Niyo mpamvu rero ISANGANO-ARRDC ryiyemeje gufata iya mbere mugushyira imbere inyungu z’abanyarwanda bose kandi ISANGANO-ARRDC rirahamagarira buri wese udashaka gukomeza kugendera ku binyoma, amatiku, ubutiriganya, amacenga n’ibindi bigamije indonke n’inyungu z’Agatsiko ka P. Kagame kuza yisanga mu ISANGANO-ARRDC.

Abarengana mwese nimuhaguruke, igihe ni iki. Abarenganya namwe nimurekere aho igihe ni iki. Ba ntibindeba namwe nimwikubite agashyi igihe cyo guharanira IMPINDUKA ni iki ndetse kiri kurenga.

Barimu, Bahinzi-borozi, bacuruzi mwese, bakozi ba Leta, banyamyuga itandukanye, Bihayimana, Banyamakuru, Basirikare namwe ba Polisi, Banyarwanda b’imirimo yose ndetse n’abatayifite Banyarwandakazi,

Banyarwanda mwese dukunda,

TUBINYUJIJE MU NZIRA Z’UBUSHOBOZI TWIFITEMO, MU BURYO BW’AMAHORO N’URUKUNDO TWAGERA KURI DEMOKARASI TUNYOTEWE.

Banyarwandakazi Banyarwanda dukunda,

ISANGANO-ARRDC ryihaye misiyo ikurikira:

“Kuba indongozi y’impinduka mu Rwanda mu gutanga ibisubizo mu rwego rwa politiki, igisirikare, ubukungu, ubutabera, ibidukikije n’ububanyi n’amahanga.”

(“To be the leading party that inspires change and provides (by providing) best solutions and alternatives to political, military, economic, social justice, environmental, and diplomatic systems in Rwanda.”)

IBYO ISANGANO-ARRDC RYIFUZA KUGEZAHO URWANDA MU GIHE KIREKIRE (ISANGANO-ARRDC Vision statement):

“Isangano-ARRDC ryifuza ejo hazaza heza mu Rwanda rushyashya, ruyobowe n’inzego zikomeye mu nzira ya demokarasi, aho ubutegetsi bwose bujya mu maboko y’Abanyarwanda bose (ABENEGIHUGU) nta vangura iryo ariryo ryose, mu gihugu Abahutu, Abatutsi, Abatwa n’abandi Baturagihugu bafite amahoro asesuye, ubwisanzure, amahirwe n’uburenganzira bingana, ubukungu butoshye bushimijije kandi butangiza ibidukikije, aho kandi icyuho hagati y’abakize n’abakennye ari gito”.

(“Isangano-ARRDC envisions a bright future in New Rwanda, democratically governed with strong institutions, where the power system belongs to all Rwandan people (Abenegihugu) without discriminations of all kinds, a country where all Hutu, Tutsi, Twa and other inhabitants as one people enjoys peace, freedom, equal opportunities and rights, with a prosperous green economy and ecologically sustainable, and where the gaps between rich and poor are small”)

AKABYINIRIRO K’ISANGANO-ARRDC (our motto/La devise):

‘Amahirwe angana ku Banyarwanda bose mu gihugu kiyobowe muri Demokarasi na Repubulika’.

Guhera uyu munsi tariki 30/10/2012 ‘La Nouvelle Génération/ New Generation’yibumbiye mw’ISANGANO-ARRDC ihagurukiye gutsinda ikibi ikagisimbuza ikiza,

TURAHAGURUTSE KANDI NTAWE UZADUSUBIZA INYUMA MURI URU RUGAMBA RW’AMAHORO TWIYEMEJE.

Ushaka kuyoboka Isangano-ARRDC

Twandikire kuri Email: isangano.arrdc@gmail.com

Ukeneye kugira icyo utwungura cyangwa wifuza kureba amakuru y’Isangano-ARRDC wajya kuri:

Website: http://isanganoarrdc.unblog.fr

Facebook: isangano arrdc

Twitter: https://twitter.com/IsanganoARRDC

Bishyizweho umukono mw’izina ry’abayoke na Komite by’agateganyo y’ISANGANO-ARRDC

Jean Marie Vianney MINANI

Perezida Fondateri w’ISANGANO-ARRDC

dimanche, décembre 23 2012

Sim Card zose zigiye kwandikwa kuri ba nyirazo

kigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere cy’Imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangaje ko Abanyarwanda bose bagomba kwandikisha Sim Card bakoresha muri za telefoni zabo zigendanwa.

RURA ivuga ko iri yandikwa rireba buri muntu wese ukoreshereza telefoni igendanwa ku butaka bw’u Rwanda kandi rikaba rizatangira tariki ya 04 Nyakanga rigasozwa ku ya 31 Nyakanga 2013; rikaba rizakorwa n’abakozi b’ibigo by’itumanaho mu Rwanda bya MTN, TIGO na AIRTEL.

Maj. Francois Regis Gatarayiha, umuyobozi wa RURA, avuga ko kuba ukoresha telefoni ashobora kuzaba amenyekana bizagabanya ibibazo bitandukanye byari bitangiye kugaragara binyuze kuri za telefoni.

RURA ivuga ko nubwo bidakabije ugereranyije na Kenya, mu Rwanda n’aho hari hatangiye kugaragara abantu bakora ubushimusi n’iterabwoba bakoresheje telefoni kandi bikagira ingaruka ku wabikorewe (victim).

Gatarayiha avuga ko bafite imibare myinshi ya mwene ibyo bibazo. Yagize ati: “Umuntu yashoboraga gushimuta umwana wawe, hanyuma agahamagara umubyeyi we amusaba kumuha umubare w’amafaranga runaka kugira ngo amuhe umwana we.”

Gatarayiha akomeza avuga ko ubu noneho bizajya byorohera Polisi kuba yakurikirana uwo mugizi wa nabi ikamufata kuko ngo byari bisanzwe biyigora Polisi kuko abo bagizi ba nabi bahinduranyaga Sim Card nyinshi na Telefoni mu rwego rwo kwihisha inzego z’umutekano.

Ikindi bizafasha ni uko umuntu uzata cyangwa akibwa telefoni ye, agakenera kongera guhabwa Sim Card ye (ari byo byitwa Sim Swap) bitazamugora.

Ubusanzwe iyo wakeneraga gukoresha Sim Swap, ibigo bishinzwe itumanaho byakubazaga ibintu byinshi ariko ubu Gatarayiha avuga ko bizaba byoroshye kuko uzerekana photocopie y’indangamuntu yawe bagahita bagukorera indi Sim Card.

Gatarayiha avuga ko nta muntu wari akwiye gutinya akeka ko ibigo by’itumanaho bigiye kuzajya bimukurikirana kuko batazaba bafite imyirondoro yawe yose.

Iri yandikwa rizakorerwa umuntu ufite indangamuntu gusa. Ni ukuvuga ko ukoresha telefoni atari yafata indangamuntu azajya yandikisha Sim Card ye ku mubyeyi we cyangwa se undi muntu babyumvikanyeho ariko nabyo bikazaba ari iby’igihe gito kuko buri Sim Card igomba kwandikwa kuri nyirayo gusa.

Ku banyamahanga bakoresha telefoni mu Rwanda ariko badafite indangamuntu y’u Rwanda, RURA ivuga ko bazakoresha ikindi cyangombwa kibaranga.

RURA yavuze ko iri yandikwa rya za Sim Card rizakorerwa ku buntu. Icyo umuntu azasabwa ni ukwerekana indangamuntu ye y’umwimerere ku mukozi wa MTN, TIGO cyangwa AIRTEL uzaba ashinzwe kwandika izo Sim Card.

Gatarayiha, umuyobozi wa RURA, avuga ko nta bihano biteganyirijwe umuntu utazandikisha Sim Card ye mu gihe cyateganyijwe ariko ko utazabikora mbere ya 31 Nyakanga 2013; Sim Card ye izakurwa ku murongo kuko itazaba yemewe gukoreshwa.

source : izuba

lundi, décembre 17 2012

Perezida Kabila mu nzira eshatu zo gukemura ibibazo by’intambara

Inzira ya politiki, dipolomasi, n’iy’igisirikare nizo Perezida Kabila yashyize imbere mu gukemura ibibazo by’intambara bikomeje kuyogoza u Burasirazuba bw’igihugu cye, cya Congo Kinshasa.

Ibi Perezida Kabila yabivuze kuwa Gatandatu tariki ya 15 Ukuboza 2012, ubwo yagezaga ijambo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Igihugu cye imitwe yombi. Yavuze ko izi nzira ishatu arizo sishoboka mu gushaka amahoro arambye no guhosha intambara mu gihugu cye.

Muri iri jambo kandi Perezida Kabila yashinje u Rwanda kumugaragaro ko arirwo rwateye igihugu cye kimaze kuba isibaniro ry’intambara n’ibikorwa by’umutekano mucye cyane cyane mu Burasirazuba bwa Congo.

Ibi Perezida Kabila abivuze nyuma gato y’aho Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye guhakana uruhare urwo arirwo rwose mu ntambara yo muri Congo, ubwo tarangizaga Inama ya cumi y’Umushyikirano hari tariki ya 13 Ukuboza uyu mwaka.

Muri iri jambo Perezida Kabila yavuze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ukuboza 2012, yatunze agatoki mu buryo bweruye avuga u Rwanda ko arirwo rwateye Congo, kandi avuga ko ngo n’ibimenyetso bihagije babifite.

Yagize ati « … Igihugu cyacu kiri mu bihe bikomeye, icyongeyeho kandi intambara idafite igisobanuro irimo kuba, ibintu byose byaravuzwe ko ubushotoranyi bw’iyi ntambara bufitwemo uruhare n’u Rwanda. Ibimenyetso by’impuguke zacu bihagije birahari, ndetse n’amaraporo menshi ya Loni yarabyerekanye. »

Muri iri jambo riteganywa n’Itegeko Nshinga rya Congo Umukuru w’Igihugu ageza ijambo ku baturage rimwe mu mwaka akababwira uko igihugu gihagaze mu nzego zose, Perezida Kabira we yavuze ko yibanda ku kuvuga ku mutekano w’igihugu muri rusange gusa, avuga ko bafashe inzira ishatu zo gukemura intambara arizo iz’igisirikari, politiki ndetse na dipolomasi.

Mu nzira ya dipolomasi ngo habaye inama zitandukanye mu kureba uko ibibazo by’umutekano mucye byakemuka, haba ku rwego rw’Akarere k’ibiyaga bigari ndetse no ku ruhande rw’Umuryango wa SADC. Mu rwego rwa politiki ngo Leta ya Congo yohereje intumwa mu kugirana imishyikirano n’umutwe wa M23, naho mu rwego rwa gisirikare ngo hakenewe ingabo zifite ubushobozi bwo guhangana n’umwanzi, kandi ngo ibi bigiye gukorwa hubakwa ubushobozi bw’ingabo, harimo ndetse no kwinjiza urubyiruko mu Ngabo za Congo.

Bibaye ku nshuro ya mbere Perezida Kabila ashinja we ubwe ku mugaragaro ko u Rwanda rufite uruhare mu ntambara ibera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, n’ubwo amaraporo atandukanye ndetse na bamwe mu bayobozi ba Congo bakomeje gushinja u Rwanda kuba inyuma y’iyi midugararo N’intambara no gushyigikira umutwe wa M23 muri Repubulika Iharanida Demukarasi ya Congo.

Perezida Kagame nawe avuga ko nta ruhare u Rwanda rufite

Ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko atangiza inama ya cumi y’Umuhsyikirano kuwa 13 Ukuboza 2012, Perezida Kagame nawe yarahakanye aratsemba ko nta ruhare na ruto u Rwanda rufite muri Congo, ahubwo avuga ko hari abanyamahanga bihishe inyuma y’ibibera muri Congo maze babura uko bagenza bakabyitirira u Rwanda.

Yagize ati « Ikitwugarije kirasa n’urubanza kuburana urubanza umuntu wishe umuntu yarangiza agaterura umurambo y’uwo yishe yarangiza akaza agatereka ku muryango wawe, yarangiza akiruka akaba ariwe ubwira polisi ngo nimuze murebe umuntu wishe umuntu ariwe wamwishe, akaza akamushyira imbere y’irembo ku muryango wawe akakubwira ngo wishe umuntu ».

Perezida Kagame yakomeje agira ati « Umuntu turegwa ko twishe wo mu mu baturanyi hariya bitwa Congo, abaturega bamwishe cyera, bamwishe kera rugikubira barangije barazana bamushyira ku irembo ryacu niko bimeze, abantu bamwe barangiza ngo turabafatira ibihano”.

Uku kwitana ba mwana hagati y’abayobozi b’ibihugu byombi, kurimo kuraba mu gihe na raporo y’impuguke za Loni ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 u Rwanda rwayiteye utwatsi, ndetse ruvuga ko ibikubiyemo ari ibinyoma byambaye ubusa bidafite ishingiro. Ibi ariko nti byabujije bimwe mu bihugu by’amahanga kugendera kuri iyi raporo u Rwanda rwita iy’ibinyoma, maze bigahagarika zimwe mu nkunga zageneraga u Rwanda.

Isibaniro ry’ibibazo by’intambara yo mu Burasirazuba bwa Congo kandi byatumye mu minsi ishize ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo bi huriye mu muryango wa SADC byemeje kohereza ingabo zo kubungabunga amahoro muri Congo, ndetse Igihugu cya Zimbabwe cyo cyanamaze kwemeza ko izacyo zizagera muri Congo mu gihe cya vuba.

Si izi ngabo za SADC zigiye gushaka amahoro muri Congo gusa, kuko hari n’iza Loni zihamaze imyaka zishaka uko amahoro yagaruka muri iki gihugu, hakiyongeraho n’izo mu Karere k’Ibiyaga Bigari zigenzura imipaka, utaretse n’isinzi ry’imitwe yitwaje intwaro iri muri iki gihugu irimo na FDLR irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Igihe.com

jeudi, novembre 22 2012

Abanyarwanda 70000 bazatakaza ubuhunzi muri Kamena 2013

Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi mu Rwanda (MIDMAR) hamwe n’umuryango w’abibumbye (UN), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, yo kurangiza ubuhunzi ku Banyarwanda barenga ibihumbi 70 bakiri hanze y’igihugu.

“Guhera tariki 01/07/2013, nta Munyarwanda wemerewe kwitwa impunzi no kugenerwa ubufasha n’ishami rya UN rishinzwe impunzi (HCR), aho yaba ari hose ku isi, mu gihe yaba yarahunze u Rwanda hagati y’u mwaka w’1959-1998”; nk’uko amasezerano abivuga.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa kabiri tariki 20/11/2012, na Ministiri Marcel Gatsinzi, ufite imicungire y’ibiza no gucyura impunzi mu nshingano (ku ruhande rw’u Rwanda), hamwe na Lamin Manney uhagarariye UN mu Rwanda.

Impunzi ziri hanze y’u Rwanda zirarenga ibihumbi 100, nk’uko MIDMAR ibigaragaza, ariko intego ni uko abagera ku bihumbi 70, bagomba gutahuka ku bushake, bagahabwa ubufasha n’uburenganzira bwose nk’abandi benegihugu, mu gihe kitarenze amezi 26, uhereye ku itariki aya masezerano yemerejweho.

Ministiri Marcel Gatsinzi yavuze ko Leta izagenera abatahuka ubufasha bwihariye, burimo gutuzwa, ibiribwa, ibikoresho bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, uburezi no gufashwa kwihangira imirimo, kugirango babanze bafatishe imibereho nk’abandi benegihugu.

Ubufasha bwo kumenyereza Abanyarwanda bazatahuka muri iyi myaka ibiri iri imbere, bukeneye ingengo y’imari irenga miliyoni 11.6 z’amadolari y’Amerika, agomba kuva ku baterankunga batandukanye.

Amafaranga amaze kuboneka ni miliyoni imwe gusa ariko amashami y’umuryango w’abibumbye akorera mu Rwanda yemeye gutanga asigaye.Umuhuzabikorwa wa UN mu Rwanda, Lamin Manney, yavuze ko azakora ubuvugizi ku baterankunga batandukanye, ku buryo ayo miliyoni 10 asigaye, agomba kubona abayatanga bitarenze ukwezi kwa gatatu k’umwaka utaha wa 2013.

Mu mpunzi ziri hanze y’u Rwanda, inyinshi ziri mu bihugu by’Afurika, ku isonga hakaza Congo-Kinshasa (ifite abarenga ibihumbi 50), Uganda (ifite abarenga ibihumbi 12), Congo- Brazzaville ndetse na Zambiya.

Mu gihe icyemezo cy’ubuhunzi kizaba gitaye agaciro kuri benshi mu Banyarwanda bari hanze, ikizakurikiraho ni ugutahuka ku bushake, utabishaka akisabira ubuhunzi (ku giti cye) mu gihugu azaba arimo cyangwa se ubwenegihugu.

Simon Kamuzinzi

mardi, novembre 20 2012

Menya bimwe ku munyamerika warangije ikosi mu ngabo z’u Rwanda

Yitwa Thomas Ritchie, abari i Gako kuri uyu wa mbere ndetse n’abagiye basura inshuti zabo bakiri mu myitozo batungurwaga no kubona umwera uri gukora ikosi mu bandi banyarwanda benshi biteguraga kuba ‘officers’ mu ngabo z’u Rwanda.

Ku bufatanye n’ibihugu byo mu karere, aya mahugurwa yarimo abasirikare barindwi bo mu bihugu bya Uganda, Kenya, Tanzania n’Uburundi. Ariko uyu munyamerika we yajemo ate?

Thomas ni umuhungu wa Joe Ritchie, umunyemari w’umucurui mpuzamahanga, umujyanama mu by’ubukungu akaba n’inzobere mu by’indege w’umunyamerika ubu ukuriye Fox River Partners.

Uyu mugabo nyuma yo kubonana na President Kagame mu 2003, yavuze ko ashimishijwe n’intego u Rwanda rufite ndetse ko yiyemeje mu gihe runaka gufasha u Rwanda mu nzira y’iterambere rurimo, yaje mu Rwanda aza no kuyobora ikigo gishya icyo gihe cya RDB kugeza mu 2009.

Umuhungu we Thomas avuga ko yamenye u Rwanda igihe se yari arurimo. Benshi bibazaga uburyo uyu musore ari gukora ikosi igenewe ingabo z’u Rwanda na bacye mubo mu bihugu bigize East African Community.

Thomas Ritche yabwiye Umuseke.com ati: “ Naganiriye na data, naganiriye n’abandi benshi, mbona uburyo igisirikare cy’u Rwanda kimeze, nsanga nta gisirikare nzi gifite intego na ‘discipline’ nkacyo. Mu buzima nanjye nifuza kugira intego no gukoresha ukuri nkuko RDF imeze, nta yindi nzira nari kunyuramo rero”

Avuga ko yasabye ubwenegihugu abifashijwemo na Se, kugirango yemererwe gukora iyi myitozo nk’umunyarwanda n’ubwo ari umunyamerika.

Twabajije Thomas niba ataroherejwe na se ngo abashe guhindura imyitwarire idahwitse yaba yari afite nk’uko bamwe bahwihwisaga bamubonye.

Thomas w’imyaka 23 ati: “ Ibyo rwose sibyo, iyo nza kuba nari mfite imyitwarire mibi mbere, uyu munsi simba nahembewe gukora neza no gukorana ubushake imirimo ya hano, naje hano mbishaka kandi kubera intego. Iyi myitozo nibyo hari ibyo yahinduye mu myitwarire yanjye nk’umunyamerika, ariko ubu noneho nk’umunyarwanda. Nize byinshi bizwi n’abantu bacye cyane bangana nanjye ku Isi”

Icyambere avuga ko yahawe n’iyi myitozo ni ikinyabupfura no kubaha ‘Discipline’ yemeza ko nawe yari acyiziho abasirikare b’u Rwanda.

Avuga ko yahakuye urugero rw’imico myiza (good attitude) itaba muri Amerika iwabo, yasanze ari umwihariko w’ingabo za RDF, ati: “ Nkeka ko n’abanyarwanda benshi bashobora kuba bafite iyi mico urebye uko nakiriwe bwa mbere ngera i Kigali n’ubwa mbere ngera i Gako”

Tumubwiye ngo atugereranyirize igisirikare cy’u Rwanda n’icya Amerika, Thomas Ritchie yagize ati: “ Ntacyo navuga ku gisirikare cya Amerika kuko ntacyo nzi uretse kukibona kuri television cyangwa baca mu mihanda mu bimodoka byabo. Igisirikare nzi neza ni icy’u Rwanda, ntekereza ko ari icya mbere ku Isi mu ndangagaciro (values), kwiyubaha, kubaha no gukunda imbibe z’igihugu cyabo gito”

Nyuma yo kubona ipeti rya Sous Lieutenant mu ngabo z’u Rwanda azakora iki?

Thomas Ritchie ati: “ Ngiye kuba nsubiye Chicago na data, nzagaruka mu Rwanda byanze bikunze kandi vuba. Nzasaba ko mpabwa akazi kimwe n’abandi, data ni umujyanama wa President Kagame mu by’iterambere, nawe aza mu Rwanda kenshi. Nta kabuza ko nzakorera ibyo nigishijwe mu Rwanda, mfite ibitekerezo byinshi ariko nifuza nanjye kuzafasha u Rwanda mu nzira nziza rurimo”.

Daddy SADIKI RUBANGURA UMUSEKE.COM

MU RWANDA ABAGORORWA BAKOMEJWE KWIMWA UBURENGANZIRA BEMERERWA N'AMATEGEKO !

Ishyaka PDP-IMANZI riramagana bikomeye ubuyobozi bwa gereza ya Mpanga bukomeje kubangamira abagorogwa bunyonga mu buryo budasobanutse, amabaruwa bandikira inzego za Leta zinyuranye mu rwego rwo gusaba kurenganurwa.



Ku itariki ya 03/10/2012, abagorogwa makumyabiri na batatu (23) bishyize hamwe bandikira Perezida w’Umutwe wa Sena na Perezida w’Umutwe w’Abadepite, basaba ko ingingo ya 10 y’Itegeko Ngenga n°.04/2012/OL ryo ku wa 15/06/2012 rikuraho inkiko Gacaca rikanagena uburyo bwo gukemura ibibazo byari mu bubasha bwazo ihindurwa kuko basanga inyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo ku wa 04/06/2003 rivuga uburinganire bw’abanyarwanda imbere y’amategeko. Iyo ngingo yerekeye Isubirishamo ingingo nshya ry’urubanza rwaciwe n’Urukiko Gacaca.



Iyo baruwa yagegejwe ku buyobozi bwa gereza ku itariki ya 03/10/2012, ariko kugeza ubu, ubwo buyobozi bwimanye uburenganzira (sous couvert) bwo kuyishyikiriza abo yandikiwe.

Ku itariki ya 31/10/2012, na none abagororwa makumyabiri na batandatu (26) barisuganyije bandikira Perezida wa Sena na Perezida w’umutwe w’abadepite, noneho basaba ihindurwa ry’Itegeko Ngenga N° 03/2012/OL ryo kuwa 13/06/2012 rigena imiterere, imikorere n’ububasha by’Urukiko rw’Ikirenga mu ngingo ya 59 n’igika cya 2 cy’ingingo ya 86 kuko basanga izo ngingo zinyuranye n’Itegeko Nshinga. Ingingo ya 59 yerekeye ku kudasubirishamo ingingo nshya urubanza rwaciwe burundu hashingiwe ku masezerano mpuzamahanga anyuranyije n’Itegeko Nshinga cyangwa ku itegeko ryavanyweho naho ingingo ya 86 yerekeye isubirwamo ry’imanza ku mpamvu z’akarengane zaciwe ku rwego rwa nyuma mbere y’uko iri tegeko ngenga ritangazwa.



Iyo baruwa nayo yaranyonzwe kugeza uyu munsi. Ubuyobozi bwa gereza bwimanye uburenganzira (sous couvert) bwo kuyishyikiriza abo yandikiwe. Nyamara hagati aho, umushinga w’itegeko ugamije kuvugurura itegeko ngenga n° 03/2012/OL ryo ku wa 13/06/2012 rigena imiterere, imikorere n’ububasha by’urukiko rw’ikirenga wagejejwe mu Nteko Nshingamategeko. Kuki ibitekerezo by’abagororwa byahabwa akato mu mpaka zigibwa kuri ryo tegeko?

Mbere yayo mabaruwa yombi Bwana MUBERUKA Pascal, Umunyamategeko kandi akaba n’umwe mu bagororwa banditse aya mabaruwa, yari yagerageje kurega Leta y’u Rwanda, asaba urukiko rw’ikirenga gukura mu itegeko ngenga n°04/2012/OL ryavuzwe haruguru ingingo ya 10, igika cya 1, icya 2 n’icya 3. Umwanzuro w’ayo mabaruwa ugaragaza neza ukuntu iri tegeko ngenga rinyuranyije n’Itegeko Nshinga. Ubuyobozi bwa gereza, bwimanye uburenganzira bwo kuwushyikiriza urukiko rw’ikirenga wari ugenewe. Icyo kirego kiri mu buyobozi bw’iyo gereza kuva tariki ya 01/08/2012 kugeza ubu.

Nyamara ku itariki ya 17/09/2012 ubwo intumwa y’urukiko rw’ikirenga yari yasuye gereza ya Mpanga igahura n’abagororwa bayigejejeho ibibazo binyuranye, ahanini bijyanye n’icyifuzo cyo gusubirishamo imanza zabo, iyo ntumwa yari yabagiriye inama yo kwandikira Inteko Nshingamategeko bakayisaba guhindura iryo tegeko.

Ku itariki ya 08/11/2012, Komisiyo iyobowe na Bwana BARINDA Anastase, intumwa ya Minisitiri w’ubutabera, yasuye gereza ya Mpanga. Iyo Komisiyo yahuye n’imbaga y’abagororwa bari bishimiye kuyigezaho ibibazo bafite mu rwego rw’ubucamanza, cyane cyane birebana n’inkiko Gacaca. Abagororwa bababajwe cyane n’imyitwarire ya komisiyo, cyane cyane amagambo batangarijwe na Bwana BARINDA Anastase agira ati: “Murarushywa n’ubusa, nimwemere mwakire ibihano mwakatiwe, kwishyira hamwe kwanyu mwandika amabaruwa sibyo bizabakemurira ibibazo, njye sinazanywe aha no kubaha ubutumwa ngo munkomere amashyi”.



Ishyaka PDP-IMANZI rirasaba ubuyobozi bwa gereza ya Mpanga kwisubiraho bukubahiriza uburenganzira bw’abagorogwa. Rirasaba guverinoma y’u Rwanda n’umuryango mpuzamahanga guhagurukira icyo kibazo bidatinze kandi n’imiryango inyuranye yita ku burenganzira bw’ikiremwa muntu igahagurikira kurengera abagorogwa bafungiwe muri gereza ya Mpanga kuko nabo ari Abanyarwanda bityo nabo bakemererwa guharanira uburenganzira bwabo.



Bikorewe Nederweert mu Buholande, tariki 20 /11/2012.



Mu izina rya PDP-IMANZI



Gérard Karangwa Semushi




Visi-Perezida.

mercredi, novembre 14 2012

Uwububa abonwa n'uhagaze, abasore bavuye mu nkambi ya Gihembe mu Rwanda bajya kurwana muri M23

                                                         Jean Nsengiyera uyobora inkambi ya  Gihemba

Impunzi z’abanyecongo zicumbitse mu nkambi ya Gihembe iri mu karere ka Gicumbi zatangarije Umuseke.com ko ubu nta basore bavayo ngo bajye kurwana ku ruhande rwa M23. Abo basore bakaba bamwe aribo byagiye bivugwa ko ari abanyarwanda boherejwe na Leta y’u Rwanda.

Izi mpunzi zivuga neza ikinyarwanda zinahamaze igihe kinini mu Rwanda zemeza ko iki gihugu atari icyabo, iwabo ari muri Congo, kandi bashyigikiye intambara ya bene wabo igamije kubasubiza mu gihugu cyabo. Umukuru w’inkambi ya Gihembe Jean Nsengiyera yabwiye Umuseke.com ko ubu nta basore bava muri iyo nkambi ngo bajye gufasha M23.

Jean Nsengiyera yagize ati: “ mu gihe iyo ntambara ya bariya bana ba M23 yatangiraga hari imiryango yatashye isubirayo, benshi cyane mu basore bahise bajya gufasha abo bavandimwe bacu. Umenya ari naho baba bibeshya ko ari abanyarwanda bakabeshyera u Rwanda ko rubafasha. Abo rero bagumye yo niyo bakomerekeye cyangwa bafashwe mu ntambara baravuga ngo ni abanyarwanda. Ubu ariko umubare w’abasore dufite hano ntuhinduka ntabacyijya gufasha M23.”

Uyu muyobozi w’inkambi yavuze ko abasore bari mu nkambi batabona ibyangombwa by’inzira bibasubiza muri Congo, cyereka gusa bafashe umwanzuro wo gutaha HCR ikaba yabibafashamo.

Umusaza Kanyamibwa w’imyaka 65 utuye muri iyi nkambi yadutangarije ko nubwo abo bavandimwe babo (M23) bari kurwanira uburenganzira bwabo, ubu nta bufasha bundi bafite bwo kubaha uretse kubasengera.

Kanyamibwa ati: “ abana twasizeyo ubu nibo bari gufasha M23, ni abasore kandi barishoboye. Hano i Gihembe nta basore bahava ubu ngo bajyeyo. Abagiye bagiye cyera batashye.”

Muri iyi nkambi Jean Nsengiyera uyiyobora yabwiye Umuseke.com ko ubu bugarijwe cyane n’ikibazo cyo kubyara abana benshi, avuga ko hari aho usanga umwana w’imyaka 15 cyangwa 16 baramaze kumutera inda.

“ Usibye abana benshi ba nyina ntibanatubwira ababateye amada, ubu duhangayikishijwe n’uwo mubare munini w’abana bavuka buri gihe. Ikindi kandi SIDA yariyongereye cyane hano mu nkambi kubera ubusambanyi impamvu nta yindi ni uko ntacyo gukora gihari” Jean Nsengiyera.Usibye ibyo bibazo abatuye muri iyi nkambi basaga ibihumbi 21 ngo bugarijwe n’imvura ibanyagira kuko isakaro (shiting) ry’inzu zabo rishaje cyane, bakaba basaba HCR cyangwa undi wese wakwifuza kubafasha kugira icyo akora.

                                          Iyi ni inkambi ya Gihembe

Source: Umuseke

lundi, novembre 12 2012

Senatri Bob Brown yangiwe kwinjira mu Rwanda ngo kuko yatanze amakuru avuguruzanya !

''Uyu mugabo uzwi cyane muri Australia, Senateri Bob Brown kuri iki cyumweru yatangarije Australian Associated Press ko yagombaga kuza mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 12 Ugushyingo ariko ku munota wa nyuma akamenyeshwa ko Visa ye ivanyweho. ''

Inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda zo zemeza ko kwangirwa kwinjira mu Rwanda kuri uyu mugabo wahoze ari senateri muri Australia byatewe n’uko yatanze amakuru avuguruzanya mu gusaba kwinjira mu Rwanda.

Uyu mugabo wayoboraga ishyaka rya ‘Greens’ muri Australia ngo yagombaga kuza mu Rwanda guha ubufasha ishyaka rya Democratic Green Party. We avuga ko kwangirwa kuza mu Rwanda ari ukuniga demokarasi mu Rwanda ngo kuko iryo shyaka ritavuga n’ubutegetsi mu Rwanda, dore ko ngo ryanangiwe kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu 2010.

Inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda zivuga ko dossier isaba Visa ya Dr Bob Brown itigeze yemezwa, kuko yari ikigwaho nkuko bikorwa no ku bandi bose. Uyu mugabo ngo mu makuru yatanze mu rwandiko rusaba Visa yavuze ko atigeze aza mu Rwanda na rimwe mbere, kandi nyamara ngo hari impapuro zigaragaza ko atari ubwa mbere yari kuba aje mu Rwanda.

Amategeko yo muri Australia yo ngo avuga ko iyo basanze waratanze amakuru atari ukuri mu gusaba Visa, ubuzwa kwinjira muri icyo gihugu mu gihe cy’imyaka itatu. Inzego z’abinjira n’abasohoka mu Rwanda zivuga ko hakiri igihe cyo kuba Senateri Brown yakosora ayo makosa akongera agasaba Visa akaba yayemererwa. Ndetse ko kuba ubu yarayimwe ntaho bihuriye n’ibikorwa bye bya politiki.

Bob Brown arifuza kuza mu Rwanda gufasha ishyaka rya Green party nyuma yo guhura na Frank Habineza muri Senegal muri uyu mwaka, Habineza uherutse kuva mu buhungiro muri Suede aho yari yahungiye mu 2010, akaba ari umuyobozi waryo warishinze mu 2009.

Dr Bob Brown w’imyaka 67 ni umuntu uzwi cyane muri Australia nk’umugabo wa mbere w’umunyapolitiki wari ukomeye (senateri) wemeye ko abana kuva mu 1996 n’undi mugabo (Paul Thomas) bahuje igitsina.

Ifoto iri hejuru ni iya Senateri Bob Brown

Jean Paul GASHUMBA UMUSEKE.COM

vendredi, novembre 9 2012

Donald Kaberuka arateza ubwenga ! ngo u Rwanda nibakomeza kurwima inkunga akarere kose kazabihomberamo !

Budget y’u Rwanda 40% byayo bituruka mu baterankunga, BAD ivuga ko iyi nkunga y’u Rwanda yarufashije gutera imbere mu bukungu mu buryo bwo kwishimira.

Dr Donald Kaberuka uyobora BAD yabwiye Reuters ati: “ Inkunga zagenerwaga u Rwanda zikwiye gusubizwaho byihuse. Ingaruka zaba mbi ndetse no kuzisubiranya bikazahenda cyane tutaretse ko izo ngaruka zagera no ku bukungu bw’akarere.”

“Nta mpamvu mbona yo guteza ihungabana rikomeye ry’ubukungu mu karere k’ibiyaga bigari kuko ubukungu bwa biriya bihugu buregeranye ku buryo igihugu kimwe gihungabanyijwe n’ibindi bibigiraho ingaruka.” Donald Kaberuka

Kaberuka yemeza ko gukomeza gukuraho inkunga ku Rwanda bizagira ingaruka zitaziguye ku buzima, uburezi n’imibereho myiza y’abaturage mu Rwanda.

Kaberuka kandi yemeza ko u Rwanda nyuma yo kugaragaza iterambere no gukoresha neza inkunga ruhabwa rukwiye gushyigikirwa mu ntego y’iterambere rya 2020 rwihaye.

Uyu muyobozi wa Banki ifite ikicaro i Tunis yavuze ko no mu 2006 yamaganye guhagarika inkunga kuri Ethiopia na Malawi kuko bigira ingaruka ku bukungu no ku baturage b’ibihugu muri rusange kurusha abandi.

Donald Kaberuka wigeze kuba Ministre w’Imari n’igenamigambi w’u Rwanda akaba yemeje ko BAD uyu mwaka izaha inkunga yayo ya miliyoni 45$ isanzwe itera budget y’ u Rwanda.

“ukuyemo Africa y’epfo, mu bihugu biri munsi y’ubutayu bwa Sahara u Rwanda nirwo rwari rugiye kuzamura ubukungu ku kigero cya 6,4% mu mwaka utaha. Ntabwo bikwiye gukoma mu nkokora izamuka ry’ubukungu mu gihe tugezemo ubu” Dr Kaberuka.

Reuters

Jean Paul GASHUMBA UMUSEKE.COM

Kwaka inkunga u rwanda nta ngaruka bigira kubakire b'i kigali, ahubwo bikura abana b'abakobwa mu ishuri!

Uyu mugabo wahoze ari umunyamabanga w’ikigo cy’iterambere mpuzamahanga cy’Ubwongereza kuri uyu wa kane yasobanuriye akanama k’abadepite gashinzwe iterambere ko gusubizaho igice cy’inkunga yari yakuriweho u Rwanda ari icyemezo atafashe wenyine ahubwo yagifatanye n’abaministre bireba.

Ubwongereza bwasubijeho miliyoni 16 z’Amapound nk’igice cy’inkunga yari yambuwe u Rwanda by’agateganyo kubera raporo y’abakozi b’umuryango w’abibumbye ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23. Andrew Mitchell yavuze ko icyemezo yafashe mu minsi ye ya nyuma ava kuri iriya mirimo atagifashe wenyine ariko kandi “cyari gikwiye”.

Uyu mugabo waje kugirwa “Chief Whip” yabajijwe ibibazo n’abadepite impamvu yasubijeho igice cy’inkunga ku Rwanda mu gihe ibyo rwashinjwaga byari bitarasobanuka neza. Mu ibazwa ryo kuri uyu wa kane Mitchell yavuze ko mbere yo kuva mu biro yagombaga kubanza kurangiza amasezerano y’inkunga yagenewe u Rwanda, kandi ko u Rwanda rwagaragaje gukoresha neza inkunga ruhabwa. Mitchell ati: “ Sinshyigikiye ko hari ufasha imitwe irwanira muri Congo, ariko u Rwanda ni inkuru nziza ku bukungu, ntidukwiye kwirengagiza ibyo u Rwanda rwagezeho mu kugabanya ubukene no gutanga servisi zikenewe.”

“Inkunga yacu iri mu byatumye bagera aho bari, twarabizeye kuko inkunga tubaha bayikoresha neza neza ibyo bavuze ko izakora. “Kubaka iyo nkunga nta ngaruka bigira ku bakire i Kigali, ariko ku buryo bubabaje izakura abana b’abakobwa mu ishuri ahantu hirya mu gihugu. Byakabaye byiza dukuyeho iyo nkunga ariko ntibiteze icyo kibazo.” Ni amagambo ya Andrew Mitchell.

Uyu mugabo yabajijwe n’abadepite nib anta nyungu afite i Kigali cyane cyane mu mushinga witwa “Project Umubano” yagaragayemo mu 2007 , abazwa no ku mibanire yaba yihariye na President Kagame dore ko ngo yagiye akunda kuza kubonana nawe. Mitchell yasobanuye ko kuva muri Gicurasi 2010 aba umunyamabanga w’ikigo cy’iterambere mpuzamahanga cy’Ubwongereza yavuye muri iyo ‘Project’, naho umubano we na President Kagame ari uwo yakomezaga wubatswe na Tony Blair kandi yumva abifitiye uburenganzira kubana n’uwo abonye hari icyo yamwigiraho.

Abajijwe niba yemera raporo y’agateganyo yanditswe n’abakozi ba UN bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, Mitchell yagize ati: “ Ibyavuzwe guverinoma ya Kagame yabihakanye yivuye inyuma, njye ntabwo ndi mu mwanya wo kwemeza cyangwa guhakana ibyarezwe u Rwanda” Ubwongereza ni igihugu cya mbere mu gutera inkunga u Rwanda, kugeza mu 2015 hari gahunda yo guha u Rwanda inkunga ya miliyoni 83 z’amapound.

Justine Greening wasimbuye Mitchell ku bunyamabanga bw’ikigo cy’iterambere mpuzamahanga cy’Ubwongereza mu cyumweru gitaha azitaba akanama kabishinzwe asobanure niba mu Ukuboza azasubizaho inkunga yose hamwe ya miliyoni 21 z’amapound yahabwaga budget y’u Rwanda. Kugeza ubu hategerejwe raporo ya nyuma y’umuryango w’abibumbye ku kibazo cya Congo.



__parliamentlive.tv Jean Paul GASHUMBA UMUSEKE.COM

__

jeudi, novembre 8 2012

Kadafi yari umunyagitugu byuzuye

Impaka zanyu zazagera kure ntawe utsinze undi kuko mwese musa n'abavuga ukuri. Umwe ati Kaddafi yari umunyagitugu, undi ati yaharaniraga guteza imbere igihugu cye n'umugabane w'Afurika. Ni byo koko muri Libiya carburant yaguraga ubusa, watangira akazi bakaguha inzu, abakozi bakabaha crédit yo kugura imodoka à taux zéro, hakabaho allocations familiales nko mu bihugu by'i Burayi, igihugu kikagira infrastructures ziteye imbere... ariko kandi abaturage bagahozwa ku nkeke, bamwe bakicwa abandi bagafungwa kubera ko bavuze ubutegetsi nabi, abiswe ko bayobotse bagahozwa kuri écoutes téléphoniques, iby'amatora bikaba inzozi...



Evaluation wakorera ubutegetsi nk'ubwo ni iyihe ?



Guteza imbere igihugu n'imibereho myiza y'abaturage : 10/10 Kureka abaturage bakishyira bakizana : 0/10 Muri rusange : 10 x 0 = 0



C'est très paradoxal, kuvuga ngo uraharanira ko abantu babaho neza kandi warabahinduye abacakara bawe. "nyoboka, undamye, uhore umfukamiye, uzabaho neza... niwanga kandi nzakwica". En résumé, c'est ça.



Naho ubundi abanyagitugu bose bakunda gushyira imbere ibikorwa by'amajyambere, byaba byo cyangwa bitaba byo. Ibyo bikorwa ubundi byagomba gukorwa n'umyobozi wabitumwe n'abaturage. Kaddafi nta wari waramutumye kuko yafashe ubutegetsi ku ngufu kandi akaba atarigeze atorwa na rimwe. C'était un usurpateur. Icyo cyonyine giha umunyagihugu wese wabishobora uburenganzira bwo kumurwanya yakwifashisha abanyamahanga babifitemo inyungu cg akabikora wenyine. Kuvanwa ku butegetsi ku ngufu byari ngombwa. Ikigayitse ni uko bamwishe. Naho ibyo kuvuga ngo yaharaniraga ubwigenge bwa Afrika byo ni amashyengo. Yishakiraga ubutegetsi burenze imipaka ya Libya. Se muzi ko yatangiye kuvuga Union africaine mu gihe i Tripoli bari kwica abirabura kandi abiri inyuma ?



Jean de Dieu Manishimwe 18 rue Auguste Perret 75013 Paris

- page 2 de 5 -